Nigeria: Abantu bataramenyekana bagabye igitero kuri Sitasiyo za Polisi ndetse no ku nyubako za leta hanyuma bica abapolisi batanu n'abasivile babiri kuri uyu wa gatanu.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara ya Imo, Henry Okoye yemeje aya makuru maze atunga agatoki agatsiko katemewe ko mu bwoko bwitwa Biafra (IPOB) ko aribo bashobora kuba bagabye icyo gitero.
Gusa ako gatsiko ka Biafra (IPOB) kahise kanyomoza ayo makuru kavuga ko ntaruhari bigeze bagira mu iraswa ryabo bapolisi n'abasivile.
Police ya Nigeria irahigisha uruhindu abantu bagize uruhare mu kwica abapolice batanu
Ubu bwicanyi bwa bereye mu majyepfo ashyira i burasirazuba ahamaze iminsi havugwa umutekano mucye.
Ibinyamakuru byatangaje ko impamvu zituma hari umutekano mucye ni uko hari ho abaturage batuye mu gace kitwa Igbo, bashaka kwigenga.
Abatuye ako gace bashatse kwigenda muri 1967 nti byakunda, abantu basaga Miliyoni bapfuye mu gihe kingana n'imyaka itatu izo mvururu zamaze, abandi bapfa bazize inzara.
Bagabo John