Abageni bo mu Buhinde bakoze ubukwe bambaye imyambaro yanditseho amazina y'abafana harimo Mbape na Messi
Ikinyamakuru kitwa Malayala Manorama, cyatangaje ko uwitwa Sachin na Athira R. bahisemo gukora ubukwe bambaye imyenda y'ibyamamare harimo Mpape ndetse na Messi.
Intandaro yo gukora ubukwe bambaye iyo myenda nuko umugore yafanaga Mbape ukinira ikipe y'Ubufaransa ni mugihe Umugabo yafanaga Messi ukinira ikipe ya Argentina arinayo yatwaye igikombe cy'isi itsinze Ubufaransa ku mukino wanyuma.
Ubu bukwe babukoze tariki ya 18 Ukuboza 2022 umumsi hakinagwa umukino wanyuma aho Argentina yatsinze Ubufaransa ibitego 4- 2 ninyuma yaho banganyije ibitego 2-2 bigatuma bakizwa na za Penariti.
Bagabo John