•     

Kayonza: Ibiyobyabwenge mu bituma urubyiruko rudashobora kwirinda SIDA

Hirya no hino mu Rwanda inzego z’ubuzima n’izibanze bakomeje gushyira imbaraga mu guhangana n’ikibazo cy’inda ziterwa abangavu ndetse no gukumira ubwandu bushya bwa virus igatera SIDA bukomeje kugaragara cyane mu rubyiruko, bamwe mu batuye mu murenge wa Rukara ho mu Karere ka Kayonza baravuga ko kimwe mu bibazo bihangayikishije biri no gutuma urubyiruko n’abandi bakuze bishora mu gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye bituma bamwe bandura SIDA abandi bagatwara inda zitateganijwe ari ibiyobyabwenge biharangwa.

Kayonza: Ibiyobyabwenge mu bituma urubyiruko rudashobora kwirinda SIDA

Ibi byatangajwe ubwo hakomezaga ubukangurambaga bw’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) bwo kurwanya SIDA, aho ubu bukangurambaga bari bwakomereje mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza.

Umubyeyi witwa Clarisse avuga ko hari abana bata amashuri bakajya kwinywera inzoga z’inkorano bamara gusinda bakishora mu busambanyi.

Uyu mubyeyi avuga ko kandi ababyeyi ntako baba batagize ngo bahanure abana babo, ariko ngo biranga bikananirana ugasanga hari abishora muri izo ngeso mbi zinabakururira akaga ku buzima bwabo.

Yagize ati: “Mbona hariho abana bagenda bakanywa bagasinda, ariko nk’abana biga ntabwo ibyongibyo bakunda kubijyamo, keretse abana bataye ishuri nibo bajya muri ibyo bintu by’urugomo.”

Undi mubyeyi mugenzi wa Crarisse nawe avuga ko aka gace batuyemo hari urubyiruko rwinshi rwandagaye ndetse runishora mu ngeso mbi nk’ubusambanyi no kunywa ibiyobyabwenge, ibintu bitiza umurindi ubwiyongere bw’abandura SIDA.

Yagize ati: “Inaha hari abana benshi bandagaye; bigize ibirara, babyarira mu ngo iwabo, bagakubita ababyeyi babo, ugasanga nyine ni ibintu bihangayikishije umudugudu cyangwa n’umurenge n’igihugu muri rusange,”

Ntawiha Adolphe , ukora umwuga w’ubunyonzi mu murenge wa Rukara, nawe yemeza ko ibiyobyabwenge biri mu biri gutuma benshi bishora mu busambanyi ndetse ugasanga bakoze ubwo busambanyi ntawibutse gukoresha agakingirizo, ibintu biteye impungenge z’uko n’ubwandu bw’a virus itera SIDA bushobora kurushaho kwiyongera mu rubyiruko rutuye muri aka gace.

Yagize ati: “Inaha ho SIDA ntiyabura kuko akenshi muri iki giturage hafi aha abana batoya abanyeshuri nibo bakoresha ibiyobyabwenge, inzoga, ugasanga basinze, bakiyahura muri ibyo bintu banasinze, ushobora gukora imibonano wabipanze ukikingira, ariko hari ubwo babikora kubera ibiyobyabwenge ntibabone umwanya wo kwikingira, hari n’abandi bantu benshi inaha basinda badafite ubushobozi bwo kwitunga banywa za nzagwa z’inkorano batanafite ubushobozi bwo kuba bakigurira agakingirizo”

Aime Ernest NYIRINKINDI, Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) ushinzwe ubukangurambaga n’ihererekanyamakuru mu ishami rishinzwe kurwanya SIDA, ubu bukangurambaga bwo kurwanya icyorezo cya SIDA buzakorwa mu Rwanda hose, gusa ngo bwatangiriye mu Ntwara y’Uburasirazuba, ikazakomereza mu mujyi wa Kigali.

Uyu muyobozi avuga ko akurikije uko babibonye ngo ubumenyi bwo kwirinda ubwandu bw’agakoko gatera SIDA abaturage bafite buracyari hasi.

Yagize ati: “Iyo urebye mu baturege nk’aho turi hano mu Murenge wa Rukara, muri rusange ubumenyi twavuga ko buri hasi  bitandukanye n’ahandi twanyuze, bo ntabwo babasha gusobanura ibijyanye n’ubumenyi bw’ibanze, turizera y’uko  uburyo  twakoresheje kugira ngo tubashe kubagezaho ubutumwa bugira icyo bubasigira, na nyuma yo kuhava tuzakomeza dukorana n’inzego zishinzwe ubuzima muri aka karere mu rwego rwo kugira ngo tubashe gufasha abaturage mu rwego rwo kurwanya icyorezo cya SIDA.”

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) igaragaza ko kuva muri 2005 abantu bafite virusi itera SIDA mu Rwanda bakomeje kungana n’umubare udahinduka ungana na gatatu ku ijana (3%), mu baturage bose bari mu gihugu, ndetse imibare iheruka ya 2019, igaragaza ko mu bantu bari hagati y’imyaka 15 na 49 ikigereranyo cy’abafite virusi itera SIDA cyabaye 2’6%, mu gihe mu bari hagati y’imyaka 15 na 64 abafite virusi terea SIDA bakingana na 3%, mu mibare iziguye  ni hafi mu bihumbi maganabiri na makumyabiri na birindwi (227000) by’abantu bafite virusi itera SIDA mu gihugu.

By Gilibert Mahame

Kayonza: Ibiyobyabwenge mu bituma urubyiruko rudashobora kwirinda SIDA

Kayonza: Ibiyobyabwenge mu bituma urubyiruko rudashobora kwirinda SIDA

Hirya no hino mu Rwanda inzego z’ubuzima n’izibanze bakomeje gushyira imbaraga mu guhangana n’ikibazo cy’inda ziterwa abangavu ndetse no gukumira ubwandu bushya bwa virus igatera SIDA bukomeje kugaragara cyane mu rubyiruko, bamwe mu batuye mu murenge wa Rukara ho mu Karere ka Kayonza baravuga ko kimwe mu bibazo bihangayikishije biri no gutuma urubyiruko n’abandi bakuze bishora mu gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye bituma bamwe bandura SIDA abandi bagatwara inda zitateganijwe ari ibiyobyabwenge biharangwa.

Ibi byatangajwe ubwo hakomezaga ubukangurambaga bw’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) bwo kurwanya SIDA, aho ubu bukangurambaga bari bwakomereje mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza.

Umubyeyi witwa Clarisse avuga ko hari abana bata amashuri bakajya kwinywera inzoga z’inkorano bamara gusinda bakishora mu busambanyi.

Uyu mubyeyi avuga ko kandi ababyeyi ntako baba batagize ngo bahanure abana babo, ariko ngo biranga bikananirana ugasanga hari abishora muri izo ngeso mbi zinabakururira akaga ku buzima bwabo.

Yagize ati: “Mbona hariho abana bagenda bakanywa bagasinda, ariko nk’abana biga ntabwo ibyongibyo bakunda kubijyamo, keretse abana bataye ishuri nibo bajya muri ibyo bintu by’urugomo.”

Undi mubyeyi mugenzi wa Crarisse nawe avuga ko aka gace batuyemo hari urubyiruko rwinshi rwandagaye ndetse runishora mu ngeso mbi nk’ubusambanyi no kunywa ibiyobyabwenge, ibintu bitiza umurindi ubwiyongere bw’abandura SIDA.

Yagize ati: “Inaha hari abana benshi bandagaye; bigize ibirara, babyarira mu ngo iwabo, bagakubita ababyeyi babo, ugasanga nyine ni ibintu bihangayikishije umudugudu cyangwa n’umurenge n’igihugu muri rusange,”

Ntawiha Adolphe , ukora umwuga w’ubunyonzi mu murenge wa Rukara, nawe yemeza ko ibiyobyabwenge biri mu biri gutuma benshi bishora mu busambanyi ndetse ugasanga bakoze ubwo busambanyi ntawibutse gukoresha agakingirizo, ibintu biteye impungenge z’uko n’ubwandu bw’a virus itera SIDA bushobora kurushaho kwiyongera mu rubyiruko rutuye muri aka gace.

Yagize ati: “Inaha ho SIDA ntiyabura kuko akenshi muri iki giturage hafi aha abana batoya abanyeshuri nibo bakoresha ibiyobyabwenge, inzoga, ugasanga basinze, bakiyahura muri ibyo bintu banasinze, ushobora gukora imibonano wabipanze ukikingira, ariko hari ubwo babikora kubera ibiyobyabwenge ntibabone umwanya wo kwikingira, hari n’abandi bantu benshi inaha basinda badafite ubushobozi bwo kwitunga banywa za nzagwa z’inkorano batanafite ubushobozi bwo kuba bakigurira agakingirizo”

Aime Ernest NYIRINKINDI, Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) ushinzwe ubukangurambaga n’ihererekanyamakuru mu ishami rishinzwe kurwanya SIDA, ubu bukangurambaga bwo kurwanya icyorezo cya SIDA buzakorwa mu Rwanda hose, gusa ngo bwatangiriye mu Ntwara y’Uburasirazuba, ikazakomereza mu mujyi wa Kigali.

Uyu muyobozi avuga ko akurikije uko babibonye ngo ubumenyi bwo kwirinda ubwandu bw’agakoko gatera SIDA abaturage bafite buracyari hasi.

Yagize ati: “Iyo urebye mu baturege nk’aho turi hano mu Murenge wa Rukara, muri rusange ubumenyi twavuga ko buri hasi  bitandukanye n’ahandi twanyuze, bo ntabwo babasha gusobanura ibijyanye n’ubumenyi bw’ibanze, turizera y’uko  uburyo  twakoresheje kugira ngo tubashe kubagezaho ubutumwa bugira icyo bubasigira, na nyuma yo kuhava tuzakomeza dukorana n’inzego zishinzwe ubuzima muri aka karere mu rwego rwo kugira ngo tubashe gufasha abaturage mu rwego rwo kurwanya icyorezo cya SIDA.”

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) igaragaza ko kuva muri 2005 abantu bafite virusi itera SIDA mu Rwanda bakomeje kungana n’umubare udahinduka ungana na gatatu ku ijana (3%), mu baturage bose bari mu gihugu, ndetse imibare iheruka ya 2019, igaragaza ko mu bantu bari hagati y’imyaka 15 na 49 ikigereranyo cy’abafite virusi itera SIDA cyabaye 2’6%, mu gihe mu bari hagati y’imyaka 15 na 64 abafite virusi terea SIDA bakingana na 3%, mu mibare iziguye  ni hafi mu bihumbi maganabiri na makumyabiri na birindwi (227000) by’abantu bafite virusi itera SIDA mu gihugu.

By Gilibert Mahame