Abatutage batuye mu karere ka Ilolo, mu byishimo byinshi nyuma yo kubona Amazi meza hamwe n'amashanyarazi bagejejweho n'umudepite uhagarariye ako gace mu nteko Nshinga Mategeko witwa Justine Nyamoga, abaturage bamuhetse mu rwego rwo ku mushimira.
Uyu mudepite Justine Nyamoga, yakoze ubuvugizi muri ako gace katagiraga ibikorwa remezo kaza kubona Ikigo nderabuzima hamwe n'amazi meza.
Ubwo uwo mudepita yasuraga ako gace kuri uyu wa gatanu tariki ya 24 Gashyantare 2023 murwego rwogutaha ibyo bikorwa, abaturage bari bamwishimiye kuburyo hari hateguwe abasore batandatu bagombaga ku muterura bakamutambagiza bamuhetse mu kirere.
Ubwo ibirori byari bishoje, uwo mudepite bamusabye ko atagenda mu modoka ahubwo yagenda kuri moto, yabyemeye hanyuma umumotari aramuheka hasigaye ikirometero kimwe agiye kubona abona igikundi cy'abasore bari inyuma bagenda baririmba bahita bamusaba kuva kuri moto hanyuma baka muterura hejuru.
Abo basore havuyemo ba tandatu baramuterura bagenda bamuhetse kugera ku muhanda mu kirometero kimwe ariko baririmba ndetse bacinya n'akadiho.
Bagabo John