•     

Ijambo Miss ribanza muri Miss black Festival ryarikoroje imbere y'abanyamakuru

Asaga miliyoni 25 azatangwa ku bakobwa bazahiga abandi mu iserukiramuco ryiswe Miss Black Festival,gusa abayitegura byabagoye gutandukanya iri rushanwa na Miss Rwanda yamaze guhagarikwa kugeza ubu.

Ijambo Miss ribanza muri Miss black Festival ryarikoroje imbere y'abanyamakuru
Miss Black Festival mu mboni y'abanyamakuru, ihurizo rikomeye kubateguye iri serukiramuco

Kuri uyu wa 15 Gashyatare ubwo habaga ikiganiro n'itangazamakuru ku mushinga wateguwe na Imanzi Agency Ltd wiswe Miss Black Festival, byabaye ingorabahizi kumvisha abanyamakuru itandukaniro ryiri serukiramuco n'andi marushanwa y'ubwiza yabayeho mu Rwanda harimo na Miss Rwanda yarikoroje.

Byiringiro Moses uyobora Imanzi Agency arinayo iri gutegura iri rushanwa yasonanuye ko batateguye irushanwa ry'ubwiza, bo Ari iserukiramuco gusa hakazaba hari n'igice cyizatoranywamo umukobwa uzarusha abandi ubwiza,umuco hakiyongeraho no kuba azaba afite umushinga utanga ikizere.

Abakobwa bo ku isi yose ariko babirabura bahawe ikaze muri iri serukira muco Aho bizeye ko umukobwa uzabasha kuryegukana bizamufungurira amarembo yo kwagura imishinga ye Kandi akazanahagararira abiraburakazi hose ku isi.

Ijambo Miss ribanza muri Miss black Festival ryarikoroje imbere y'abanyamakuru, abagize imanzi Agency basobanuye ko kuba barabanje Miss risobanura ko Ari irushanwa rizahuza igitsinagore batashatse kuvuga cyangwa kuryitirira Andi marushanwa y'ubwiza nka Miss Rwanda.

Biteganyijwe ko kuva kuri uyu wa 16 aribwo abakobwa batangira kwiyandikisha, abemerewe kwitabira iri rushanwa ni umukobwa wese utarashaka umugabo n'ubwo yaba yarabyaye ariko Ari hagati y'imyaka 18 na 35, uzegukana iri serukira muco azahabwa asaga miliyoni 15 z'amafaranga y'u Rwanda naho ibisonga bye 2 bihabwe asaga miliyoni 5.

i'm seasoned journalist known for insightful reporting and dedication to uncovering the truth. With a passion for storytelling and a commitment to journalistic integrity, i have carved a name for myself as a prominent figure in the media landscape and covered a wide range of topics, from health and business to culture and social issues. i thorough research and in-depth interviews since 2016

Ijambo Miss ribanza muri Miss black Festival ryarikoroje imbere y'abanyamakuru

Ijambo Miss ribanza muri Miss black Festival ryarikoroje imbere y'abanyamakuru
Miss Black Festival mu mboni y'abanyamakuru, ihurizo rikomeye kubateguye iri serukiramuco

Asaga miliyoni 25 azatangwa ku bakobwa bazahiga abandi mu iserukiramuco ryiswe Miss Black Festival,gusa abayitegura byabagoye gutandukanya iri rushanwa na Miss Rwanda yamaze guhagarikwa kugeza ubu.

Kuri uyu wa 15 Gashyatare ubwo habaga ikiganiro n'itangazamakuru ku mushinga wateguwe na Imanzi Agency Ltd wiswe Miss Black Festival, byabaye ingorabahizi kumvisha abanyamakuru itandukaniro ryiri serukiramuco n'andi marushanwa y'ubwiza yabayeho mu Rwanda harimo na Miss Rwanda yarikoroje.

Byiringiro Moses uyobora Imanzi Agency arinayo iri gutegura iri rushanwa yasonanuye ko batateguye irushanwa ry'ubwiza, bo Ari iserukiramuco gusa hakazaba hari n'igice cyizatoranywamo umukobwa uzarusha abandi ubwiza,umuco hakiyongeraho no kuba azaba afite umushinga utanga ikizere.

Abakobwa bo ku isi yose ariko babirabura bahawe ikaze muri iri serukira muco Aho bizeye ko umukobwa uzabasha kuryegukana bizamufungurira amarembo yo kwagura imishinga ye Kandi akazanahagararira abiraburakazi hose ku isi.

Ijambo Miss ribanza muri Miss black Festival ryarikoroje imbere y'abanyamakuru, abagize imanzi Agency basobanuye ko kuba barabanje Miss risobanura ko Ari irushanwa rizahuza igitsinagore batashatse kuvuga cyangwa kuryitirira Andi marushanwa y'ubwiza nka Miss Rwanda.

Biteganyijwe ko kuva kuri uyu wa 16 aribwo abakobwa batangira kwiyandikisha, abemerewe kwitabira iri rushanwa ni umukobwa wese utarashaka umugabo n'ubwo yaba yarabyaye ariko Ari hagati y'imyaka 18 na 35, uzegukana iri serukira muco azahabwa asaga miliyoni 15 z'amafaranga y'u Rwanda naho ibisonga bye 2 bihabwe asaga miliyoni 5.

i'm seasoned journalist known for insightful reporting and dedication to uncovering the truth. With a passion for storytelling and a commitment to journalistic integrity, i have carved a name for myself as a prominent figure in the media landscape and covered a wide range of topics, from health and business to culture and social issues. i thorough research and in-depth interviews since 2016