•     

Kicukiro: Bagiye ku musohora mu mitungo ye, nyuma yaho Umugabo we agurishije inzu nyamara azanzwe afite uburwayi bwo mu mutwe

Mu karere ka kicukiro umurenge wa masaka hari umubyeyi witwa Uwamariya jeanette urigutabaza inzego za leta azisaba kuba za murenganura, nyuma yaho Umugabo agurishije Inzu nyamara asanganywe uburwayi bwo mu Mutwe.

Kicukiro: Bagiye ku musohora mu mitungo ye, nyuma yaho Umugabo we agurishije inzu nyamara azanzwe afite uburwayi bwo mu mutwe
Uwamariya jeanette urigutabaza inzego za leta azisaba kuba za murenganura

Imvano yiki kibazo ikaba yaratangiye muri 2018 ubwo umugabo we ariwe nyakwigendera Ndahimana jean Bosco uherutse kwitaba Imana tariki ya 11 Mutarama 2024 , uyu Nyakwigendera  yari yaragurijwe amafaranga ibihumbi ijana by'u Rwanda na Musabende Clarise, ubwo yaburaga ubwishyu bwayo yigiriye inama yokugisha inama uwitwa Murwanashyaka Camille, nkumuntu yizeraga nacyane ko ariwe wari wamubereye Best Man, Mubukwe bwe.
Uyu Murwanashyaka  amwemerera kuyamutangira gusa akaba amuhaye Icyangombwa cy'umutungo we [inzu] gusa akaba itariye wenyine kuko yasezeranye na Uwamariya ivanga mutungo rusange nkuko yabitangarije rubanda.rw

Nyuma yaho uyu best man yarazi ko uyu mugabo atuzuye mu mutwe Kandi akaba yarazahajwe n'ubusinzi. 

Nawe yamusabye ko cya cyangombwa cy'umutungo bagitanga nkingwate agakemura ikibibazo yarafite gikeneye miliyoni y'amafaranga y'u Rwanda.

Amasezerano y'ubugure bw'ikibanza,uyu mugore yemeza ko yakozwe muburyo butemewe n'amategeko

Gusa byaje kuba agaterera nzamba ubwo bamusinyishaga ko agurishije umutungo we miliyoni 25 gusa akaba ahawe 20 naho 5 zisigaye akazazihabwa nyuma yogukora mitasiyo.

Ibi byari uburiganya kuko ntabwo ayo mafaranga yari buyahabwe n'ikigo ki Mali kizwi ( Bank) ahubwo yari Bank Ramberi

Ibi byose byakorwaga mu bwihisho kuko umugore we w'isezerano atarabizi Kandi bakaba bari barabanje gusindisha jean Bosco utarunazi no gusoma.

Aho uyu mugore wa jean Bosco madame Uwamariya jeanette abimenyeye yatangiye kubyirukamo ndetse ahereye kunzego z'ibanze ngo zimurenganure dore ko za mukoreye inyandiko mvugo cyane cyane ku myitwarire yarangaga umugabo we umunsi kuwundi. Dore ubwo yari no kwa Muganga mu bitaro bya masaka byemejwe na Muganga ubifitiye ububasha ko Ndahimana jean Bosco yagaragaje ko yari afite arukoro nyinshi mu mubiri yatumaga amera nkuwahungabanye mu mutwe.

Inzego z'ibanze zakurikiranye ikibazo cy'uyu muryango

Uyu mugore yaje no kugana urukiko gusa atungurwa nuko rwamubwiye ko ubusabe bwe butakiriwe kuko ntashingiro afite ryo gutesha agaciro inyandiko atagemo uruhare.

Umugabo we Ndahimana yaje kwitaba Imana tariki ya 16 mutarama ariko yaramenyeshejwe ko agomba kuva mu mutungo w'abandi kuko ntaburenganzira awufiteho.

Ubwo rubanda.rw twakoraga iyi nkuru,yarazi neza isaha iyariyo yose yasohorwa munZu kuko umuhesha w'inkiko ndetse na polisi bari baramaze kumumenyesha.

Icyemezo cyuko bashyingiranwe byemejwe n'amategeko

Uwamariya akaba atakambira inzego zibishinzwe by'Umwihariko inzego z'ubutabera  ndetse na  Perezida wa Repubulika umubyeyi w'abanyarwanda ko yamurenganura agahabwa ubutabera agasubizwa umutungo we.


kuko ahamya ko yazize kuba atazi amategeko kuburyo ahawe ubwunganizi ikibazo cye cyacyemuka kuko hari icyo amategeko avuga kumutungo w'abashakanye ivanga mutungo.

Ariko hagataho akaba yaburana n'ubundi atasohowe munzu kuko ntaho afite ho kujya nacyane ko afite umwana mutoya yasigiwe na nyakwigendera.

Icyemezo cya Muganga cyemeza ko uyumugabo yagizweho ingaruka n'inzoga nyinshi yanywaga

i'm seasoned journalist known for insightful reporting and dedication to uncovering the truth. With a passion for storytelling and a commitment to journalistic integrity, i have carved a name for myself as a prominent figure in the media landscape and covered a wide range of topics, from health and business to culture and social issues. i thorough research and in-depth interviews since 2016

Kicukiro: Bagiye ku musohora mu mitungo ye, nyuma yaho Umugabo we agurishije inzu nyamara azanzwe afite uburwayi bwo mu mutwe

Kicukiro: Bagiye ku musohora mu mitungo ye, nyuma yaho Umugabo we agurishije inzu nyamara azanzwe afite uburwayi bwo mu mutwe
Uwamariya jeanette urigutabaza inzego za leta azisaba kuba za murenganura

Mu karere ka kicukiro umurenge wa masaka hari umubyeyi witwa Uwamariya jeanette urigutabaza inzego za leta azisaba kuba za murenganura, nyuma yaho Umugabo agurishije Inzu nyamara asanganywe uburwayi bwo mu Mutwe.

Imvano yiki kibazo ikaba yaratangiye muri 2018 ubwo umugabo we ariwe nyakwigendera Ndahimana jean Bosco uherutse kwitaba Imana tariki ya 11 Mutarama 2024 , uyu Nyakwigendera  yari yaragurijwe amafaranga ibihumbi ijana by'u Rwanda na Musabende Clarise, ubwo yaburaga ubwishyu bwayo yigiriye inama yokugisha inama uwitwa Murwanashyaka Camille, nkumuntu yizeraga nacyane ko ariwe wari wamubereye Best Man, Mubukwe bwe.
Uyu Murwanashyaka  amwemerera kuyamutangira gusa akaba amuhaye Icyangombwa cy'umutungo we [inzu] gusa akaba itariye wenyine kuko yasezeranye na Uwamariya ivanga mutungo rusange nkuko yabitangarije rubanda.rw

Nyuma yaho uyu best man yarazi ko uyu mugabo atuzuye mu mutwe Kandi akaba yarazahajwe n'ubusinzi. 

Nawe yamusabye ko cya cyangombwa cy'umutungo bagitanga nkingwate agakemura ikibibazo yarafite gikeneye miliyoni y'amafaranga y'u Rwanda.

Amasezerano y'ubugure bw'ikibanza,uyu mugore yemeza ko yakozwe muburyo butemewe n'amategeko

Gusa byaje kuba agaterera nzamba ubwo bamusinyishaga ko agurishije umutungo we miliyoni 25 gusa akaba ahawe 20 naho 5 zisigaye akazazihabwa nyuma yogukora mitasiyo.

Ibi byari uburiganya kuko ntabwo ayo mafaranga yari buyahabwe n'ikigo ki Mali kizwi ( Bank) ahubwo yari Bank Ramberi

Ibi byose byakorwaga mu bwihisho kuko umugore we w'isezerano atarabizi Kandi bakaba bari barabanje gusindisha jean Bosco utarunazi no gusoma.

Aho uyu mugore wa jean Bosco madame Uwamariya jeanette abimenyeye yatangiye kubyirukamo ndetse ahereye kunzego z'ibanze ngo zimurenganure dore ko za mukoreye inyandiko mvugo cyane cyane ku myitwarire yarangaga umugabo we umunsi kuwundi. Dore ubwo yari no kwa Muganga mu bitaro bya masaka byemejwe na Muganga ubifitiye ububasha ko Ndahimana jean Bosco yagaragaje ko yari afite arukoro nyinshi mu mubiri yatumaga amera nkuwahungabanye mu mutwe.

Inzego z'ibanze zakurikiranye ikibazo cy'uyu muryango

Uyu mugore yaje no kugana urukiko gusa atungurwa nuko rwamubwiye ko ubusabe bwe butakiriwe kuko ntashingiro afite ryo gutesha agaciro inyandiko atagemo uruhare.

Umugabo we Ndahimana yaje kwitaba Imana tariki ya 16 mutarama ariko yaramenyeshejwe ko agomba kuva mu mutungo w'abandi kuko ntaburenganzira awufiteho.

Ubwo rubanda.rw twakoraga iyi nkuru,yarazi neza isaha iyariyo yose yasohorwa munZu kuko umuhesha w'inkiko ndetse na polisi bari baramaze kumumenyesha.

Icyemezo cyuko bashyingiranwe byemejwe n'amategeko

Uwamariya akaba atakambira inzego zibishinzwe by'Umwihariko inzego z'ubutabera  ndetse na  Perezida wa Repubulika umubyeyi w'abanyarwanda ko yamurenganura agahabwa ubutabera agasubizwa umutungo we.


kuko ahamya ko yazize kuba atazi amategeko kuburyo ahawe ubwunganizi ikibazo cye cyacyemuka kuko hari icyo amategeko avuga kumutungo w'abashakanye ivanga mutungo.

Ariko hagataho akaba yaburana n'ubundi atasohowe munzu kuko ntaho afite ho kujya nacyane ko afite umwana mutoya yasigiwe na nyakwigendera.

Icyemezo cya Muganga cyemeza ko uyumugabo yagizweho ingaruka n'inzoga nyinshi yanywaga

i'm seasoned journalist known for insightful reporting and dedication to uncovering the truth. With a passion for storytelling and a commitment to journalistic integrity, i have carved a name for myself as a prominent figure in the media landscape and covered a wide range of topics, from health and business to culture and social issues. i thorough research and in-depth interviews since 2016