Kuri uyu wagatandatu tariki ya 15 Kamena 2024 hateganyijwe mukino wa gicuti uzahuza Rayon isasigara ku rugo ndetse APR FC, iza sohokera igihugu., aya makipe azakina uyu mukino muri gahunda yiswe ’Umuhuro mu Amahoro’. Rayon Sports na APR FC nizo zizabimburira andi makipe yose mu gukinira kuri Stade Amahoro yavuguruwe igirwa nshya ndetse ikazajya yakira abantu ibihumbi 45 bicaye neza.
![Ikipe izasohokera igihugu ndetse n'izasigara ku rugo nizo zizabimburira andi makipe gukinira kuri Stade Amahoro nshya](https://rubanda.rw/uploads/images/2024/06/image_750x_66674b056747c.jpg)
Ibiciro kubantu bifuza kuzajya kureba uwo mukino wa Nyamukandagira mukibuga ndetse na Murera nkuko abakunzi bayo makipe bayita ni 1000 Frw na 10,000 Frw mu myanya y'icyubahiro izwi nka VIP.
Iyi Stade Amahoro imaze iminsi ivugururwa aho biteganyijwe ko izatahwa ku mugaragaro tariki 4 Nyakanga 2024 ku munsi wo Kwibohora.
Umukino wari uherutse guhuza aya ma kipe kuri Stade ya Amahoro mbere yuko itangira ku vugururwa, icyo gihe APR FC yatsinze Rayon Sports 2-0.
Bagabo John