Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze abayobozi babiri bo ku rwego rw’akarere ka Ngoma nyuma yo kubafatira mu cyuho bakira ruswa ingana na Miliyoni 5 z'amafanga y'u Rwanda
RIB yashyize ubutumwa kurubuga rwa X rwahoze rwitwa Twitter buravuga ko aba bombi bari bari kwakira ruswa ya miliyoni 5 z’amafaranga y’u Rwanda kugirango batange icyangombwa cyo kubaka.
Abo bayobozi batawe muri yombi ubu bafungiye kuri sitatiyo ya RIB ya Remera n’iya Kicukiro mu gihe dosiye zabo zikiri gutunganywa ngo zishyikirizwe ubushinjacyaha
RIB irasaba abaturarwanda kwitandukanya n’ingeso ya ruswa no gutanga amakuru buri gihe cyose bayisabwe cyangwa bamenye uyisaba cyangwa uyitanga."
Bagabo John