Intumwa ya Rubanda ihagarariye agace ka Maragua Mary Wamaua muri Kenya, yavuze ko azi abacungagereza bacuruza urumogi mu mu bagorowa muri rigereza ya Maranjau.
Iyi ntumwa ya Rubanda yabitangarije mu inama y'umutekano yabaye kuri uyu wa kane tariki ya 21 Ukuboza 2023 ahitwa Kahuho.
Mary yagize ati" hari abacungagereza bane babana bakodesheje inzu bakoreramo ubucuruzi bw'urumogi aho bafite Moto eshatu zirutunda zirukura mu bice bitandukanye hanyuma bakajya kurugurishiriza abagororwa muri Gereza".
Mery yakomeje agira ati" Niba bariya bantu aribo twahawe ngo badufashe gufata no gufunga abishe amategeko, none nibo bayica banywa urumogi ndetse bakanarucuruza ubwo abantu bacu bameze bate".?
Uyu Mery yavuze ko mugihe abo bacunga gereza batakurikiranwa yiteguye kujya kubibwira ubuyobozi bukuru bushinzwe Amagereza.
Bagabo John