Minisitiri w’uburezi, ubumenyi n’ikoranabuhanga, Prof. Adolf Mkenda, yavuze ko binyuze mu mushinga wo guhugura inyamaswa uzwi nka (APOPO) ukorera muri Kaminuza y’ubuhinzi ya Sokoine (SUA), imbeba 100 zahuguwe, zujuje ibisabwa zigiye koherezwa mu bihugu bitandukanye mu butumwa bwakazi.
Minisitiri Prof Mkenda wo muri Tanzania, yavuze ko izo mbeba zizoherezwa mu muryo bukurikira.
Imbeba 13 zizoherezwa muri Angola, imbeba 11 zizoherezwa muri Azerbaijan, Imbeba 58 zizoherezwa muri Cambodia naho imbeba 6 zizoherezwa muri Ethiopia.
Izi mbeba zazaba zifite inshingano ebyiri nyamukuru, harimo Gutegura ibisasu bitezwe mu butaka ndetse no kugutahura udusimba dutera igituntu.

Ni mugihe imbeba 12 zizoherezwa muri Amerika kujya kwerekanwa muri Parike y'imyamaswa.
Ishyirwa mu bikorwa ry'uyu mushinga ryakomeje kubaka izina rya Tanzania no kuwuteza imbere ku rwego mpuzamahanga.
Aho imbeba yo muri Tanzania izwi ku izina rya Ronin yakoze amateka ku isi mu gutahura Ibisasu byari bitabye mu butaka 109 muri Kambojia, ikuraho amateka y’imbeba yindi nayo yo muri Tanzaniya yitwaga Magawa. Yabashije gutahura ibisasu 71 .
Bagabo John
