Mukiganiro Sunday night gitambuka kuri Radio Isango Stars, Umuvugi wa Polisi y'u Rwanda ACP Boniface Rutikanga yavuze ko bishoboka yuko hari igihe kizagera bamwe mu bakobwa bakora mu nzego z'umutekano bazitabira amarushanwa y'ubwiza azwi nka Miss, aha yasubizaga ikibazo yari abagijwe n'umuhanzikazi uzwi ku mazina ya Bwiza.
Muri icyo kiganiro Umuhanzi kazi Bwiza, yabagije Umuvugizi wa Police impamvu ki usanga mu bindi bihugu bamwe mu bakobwa bakora mu nzego z'umutekano usanga bitabira amarushanwa atandukanye harimo namarushanwa y'ubwiza azwi nka Miss.
Umuhanzi Bwiza
Asubiza icyo kibazo ACP Boniface Rutikanga yagize ati" Buri gihugu kigira Discipline kigenderaho, urugero usanga nko muri Amerika ushobora gusanga umusirikare afite imisatsi ya Diredi n'ubwanwa cyangwa se afite ibyo bita tatuwaje ku mubiri bityo rero buri gihugu usanga gifite imyitwarire yacyo ariko mu Rwanda ibyo ntabwo bishoboka.
Gusa ACP Boniface Rutikanga yavuze ko bishoboka yuko hari igihe cyazagera mu inzego z'umutekano bakazitabira ayo marushanwa y'ubwiza azwi nka Miss, ariko kuri ubu ntabwo bishoboka.
Muri icyo kiganiro ACP Boniface Rutikanga yatanze ubutumwa avuga ibi byose bigerwaho nuko igihugu gifite umutekano, kandi ntabwo tuzagera kuri uwo mutekano hatari ubufatanye bwa buri wese.
Bagabo John