Raila Odinga yavuze ko imbabazi Perezida Ruto aherututse gusaba by'umwihariko urubyiruko rwa Gen Z, ko izo mbabazi zigomba kujyana nogutanga indishyi ku miryango yaburiye ababo mu mu myigaragambyo ndetse n'abayikomerekeyemo.
Kuri iki cyumweru tariki 1 Kamena 2025 ubwo hizihizwaga umunsi mukuru w'Ubutetegetsi uzwi nka Madaraka Day, Raila Odonga yasabye ko Imbabazi Perezida William Ruto aherutse gusaba ubwo yari mu masengesho ngaruka mwaka yogusabira i gihugu., Raila yavuzeko izo mbabazi zaherekezwa no kwishyura imiryango y'ababuriye ababo ndetse n'abakomerekeye mu mimyigaragambyo yakozwe n'urubyiruko ubwo bamaganaga Ruto bamusaba kwegura.

Raila Odinga yasabye Perezida Ruto ko yatanga indishyi ku miryango y'ababuriye ababo ndetse n'abakomerekeye mu myigaragambyo y'urubyiruko
Yagize ati" mu myaka ibiri ishyize uribyiruko ruzwi nka Gen Z rwari mu mihanda ndetse n'umwaka ushyize nabwo bari mu mihanda, hari bamwe bahasize ubuzima abandi barahakomerekera, rero ziriya mbabazi Perezida Ruto yasabye ndagirango zizaherekezwe no gutanga indishyi ku miryango yaburiye ababo ndetse n'abayikomerekeyemo kugirango ayo mateka nayo ahite arangira."
Perezida Ruto ubwo yasabaga imbabazi yanahise atanga inzindi ku bagororwa bari basigaje igihe gito ngo basoze ibihano byabo ndetse nabari barakoze ibyaha bito.
Bagabo John
