Umukandika ku mwanya w'umukuru w'igihugu muri Tanzania wiyamamaje aturutse mu ishyaka rya UDP Saum Rashid, yatangaje ko natsindwa Amatora azabyakira ndetse agashigikira Perezida uzaba yemejwe na Komisoyo y'amatora.
Ibi Saum Rashid, yabitangarije itangazamakuru nyuma yaho yari amaze gutora.
Ati" Maze kutora ariko mugihe ntabona amajwi akwiye ngatsindwa nzisunganya nzagaruke ubutaha, kandi nzabyakira ndetse niteguye gushyigikira Perezida uzaba yatsinze".

Abakandida 17 nibo bariho bahatanira umwanya w'umukuru w'igihugu, bakaba baturuka mu mashyaka atandukanye.
Tubibutse ko Komisoyo y'amatora yatangaje ko ibyavuye mu matora bigomba gutangazwa bitarenze y'amasaha 72.
Bagabo John
