Umunyamakuru Samu Karenzi yamaze gutangaza ko kuri uyu wa mbere tariki 10 Gashyantare 2025 Radio SK Fm 93.9 aribwo itangira ibiganiro.
Ibi Sam Karenzi yabitangarije ku rubuga rwe rwa X aho yagize Ati" Mwatugaye gutinda ariko ntabwo mutugaya guhera! Radio yanyu #SKFM93.9 yahageze! Mwarakoze kwihangana! Nimuze mudushyigikire guhera kuri uyu wambere.

SK FM’ izaba ivugira ku murongo wa 93,9 FM na 92,6 FM.
Sam Karenzi ni umwe mu banyamakuru b’imikino bakunzwe cyane mu Rwanda, yamenyekanye ubwo yakoreraga kuri ‘Radio Salus’. Yahavuye yerekeza kuri ‘Radio10’ mu 2020 mbere y’uko ayisezeraho mu 2021 agahita yerekeza kuri FINE FM yasezeyeho mu mpera za 2024.


Radiyo SK FM 93.9 Izumvikanaho Abanyamakuru barimo Uwera Jean Maurice wavuye kuri RBA, Kazungu Claver bavanye kuri Fine FM, Niyibizi Aime, Uwamwezi Mugire Bianca, Dushime Nepo ‘Mubicu’ wavuye kuri Radio 1, Allan Ruberwa wakoreraga Flash FM na Keza Cedric wakoraga kuri Radio 10 n’abandi.
Usibye abakunzi b'imikino, iyi Radio izaba lkandi ifite n'ibindi biganiro bitalndukanye birimo amakuru ya Politike, imyidagaduro, ndetse n'ibindi biganiro bitandukanye.


Sam Karenzi ahamya ko iyi Radio izaba ariyo Radio yambere mu Rwanda.
Bagabo John
