Kenya: hari umuryango wavuze ko nyuma yo kugira ibyago ugapfusha abana 11 wahise gutangira kwiyahuza inzoga kugirango wiyibagize umubabaro n'agahinda.
Umugore witwa Mercy Wanja hamwe n'Umugabo we John Musamba, batuye mu intara ya Kiambu, bagaragaje agahinda batewe no gupfusha abana 11 mu bihe bitandukanye bikabaviramo kwiyahuza inzoga mu rwego rwo kwiyibagiza agahinda n'umubabaro bahuye nawo.
Uwo mugore Mercy yavuze ko nyuma yo gupfusha abo bana 11 imiryango yabo yarabanze ndetse batangira no kubita ko ari abarozi
Mercy yavuze ko abo bana bagiye bapfa mu bihe bitandukanye harimo abapfuye ari bakuru ndetse hakaba nabandi inda zagiye zivamo.

Uyu muryango wavuze ko bagezeho bafata icyemezo cyo kwiyahuza inzoga mu rwego rwo kugirango barebe ko ba kwiyibagiza ibya babayeho.
Uyu muryango wavuze ko wahuye n'ubuzima bukomeye kuburyo byabasabye kwimuka bakava aho bari batuye bakajya gutura ahitwa Githurai kubera ko aho bari batuye bari barabaye iciro ry'imigani.
Bagabo John
