Komisiyo y'Amatora muri Tanzania yatanganje ko mu masaha 72 iraba imaze gutangaza ibyavuye mu matora yabaye kuri uyu wa 29 Ukwakira 2025.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 29 Ukwakira 2025, abaturage bujuje ibisabwa bakaba bari kuri liste y'itora, bazindukiye mu matora rusange harimo ay'umukuru w'igihugu, abadepite, ndetse n'abajyanama.

Mu kiganiro n'itangazamakuru ubwo hasozwaga ibikorwa byo kwiyamamaza ku bakandida haba ku mwanya w'umukuru w'igihugu, Abadepite ndetse n'abajyanama, Perezida wa Komisiyo y'amatora INEC , Ramadhani Kailima, yavuze ko ibijyanye n'imyiteguro byose byarangiye.

Ati" twariteguye neza kuburyo twizera ko abaturage bacu bagomba kumenya ibyavuye mu matora ku gihe., ibyavuye mu matora bizatangazwa bitarenze amasaha 72 uhereye umunsi w'itora."

Ibyitezwe n'abenshi ni uko Perezida uriho Samia Hassan Suluhu ariwe uzabyina itsinzi muri ayo masaha 72 yatangajwe na Komisoyo y'amatora kuko ntaguhangana gukomeye guhari uwo bari buhangane Tundu Lissu wo mu ishyaka ritavuga rumwe n'ubutegetsi rya CHADEMA kugeza ubu amaze amezi atanu ari mu buroko aho akekwaha ibyaha byo guhungabanya umutekano w'igihugu n'ituze rya Rubanda.
Bagabo John.
