•     

Perezida Traoré yasheshe komisiyo y'Amatora

Ubuyobozi bwa gisirikare muri Burkina Faso bwasheshe Komisiyo y’amatora, buyishinja gusesagura umutungo wa Leta."

Perezida Traoré yasheshe komisiyo y'Amatora
Perezida Traoré yasheshe komisiyo y'Amatora

Ubuyobozi bwa gisirikare bwasheshe Komisiyo y’Amatora, bushinja gusesagura umutungo no gukorera inyungu z’amahanga
Ubuyobozi bwa gisirikare muri Burkina Faso bwatangaje ko bwasheshe Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (CENI), buyishinja gusesagura umutungo wa Leta no kugira uruhare mu bikorwa by’inyungu z’abanyamahanga.

Nk’uko televiziyo ya Leta, RTB, yabitangaje, inshingano zo gutegura no kuyobora amatora mu bihe bizaza zigiye gushyirwa muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu.

Kuva ubwo ubutegetsi bw’ingabo bwafataga ubutegetsi muri Nzeri 2022, bwatangije impinduka nyinshi mu miyoborere y’igihugu, zirimo no kwimura amatora yari ategerejwe, yagombaga kuba inzira yo kugarura ubutegetsi bwa gisivile.

Amatora rusange yari ateganyijwe mu mwaka ushize, ariko ubuyobozi bwa gisirikare bwongereye igihe cy’inzibacyuho kigera muri Nyakanga 2029, bituma Kapiteni Ibrahim Traoré, uyoboye igihugu ndetse agahabwa n’uburenganzira bwo kuziyamamariza mu matora y’umukuru w’igihugu ataha.

Nk’uko ikigo cy’amakuru cy’Abafaransa (AFP) cyabitangaje, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Emile Zerbo, yavuze ko komisiyo y’amatora yatwaraga Leta hafi y’amadolari 870,000 buri mwaka, ayabonwa nk’asesagurwa.

Yagize ati: "Gusesa iyi komisiyo bizadufasha kugenzura neza uburyo amatora ategurwamo, kandi bigabanye igitutu n’uruhare rw’ibihugu by’amahanga mu miyoborere yacu."

Bagabo John 

Perezida Traoré yasheshe komisiyo y'Amatora

Perezida Traoré yasheshe komisiyo y'Amatora
Perezida Traoré yasheshe komisiyo y'Amatora

Ubuyobozi bwa gisirikare muri Burkina Faso bwasheshe Komisiyo y’amatora, buyishinja gusesagura umutungo wa Leta."

Ubuyobozi bwa gisirikare bwasheshe Komisiyo y’Amatora, bushinja gusesagura umutungo no gukorera inyungu z’amahanga
Ubuyobozi bwa gisirikare muri Burkina Faso bwatangaje ko bwasheshe Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (CENI), buyishinja gusesagura umutungo wa Leta no kugira uruhare mu bikorwa by’inyungu z’abanyamahanga.

Nk’uko televiziyo ya Leta, RTB, yabitangaje, inshingano zo gutegura no kuyobora amatora mu bihe bizaza zigiye gushyirwa muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu.

Kuva ubwo ubutegetsi bw’ingabo bwafataga ubutegetsi muri Nzeri 2022, bwatangije impinduka nyinshi mu miyoborere y’igihugu, zirimo no kwimura amatora yari ategerejwe, yagombaga kuba inzira yo kugarura ubutegetsi bwa gisivile.

Amatora rusange yari ateganyijwe mu mwaka ushize, ariko ubuyobozi bwa gisirikare bwongereye igihe cy’inzibacyuho kigera muri Nyakanga 2029, bituma Kapiteni Ibrahim Traoré, uyoboye igihugu ndetse agahabwa n’uburenganzira bwo kuziyamamariza mu matora y’umukuru w’igihugu ataha.

Nk’uko ikigo cy’amakuru cy’Abafaransa (AFP) cyabitangaje, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Emile Zerbo, yavuze ko komisiyo y’amatora yatwaraga Leta hafi y’amadolari 870,000 buri mwaka, ayabonwa nk’asesagurwa.

Yagize ati: "Gusesa iyi komisiyo bizadufasha kugenzura neza uburyo amatora ategurwamo, kandi bigabanye igitutu n’uruhare rw’ibihugu by’amahanga mu miyoborere yacu."

Bagabo John