Mugihe igikorwa cyo kubarura ibyavuye mu matora muri Uganda gikomeje ndetse hakaba hamaze nogutangazwa ibyavuyemo by'agateganyo, Bobi Wine yamaze kubitera utwatsi avuga ko ari baringa.
Ibyavuye mu ibarurwa ry’amajwi by’agateganyo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, bigaragaza ko Museveni ari imbere n’amajwi 76%, mu gihe Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine afite amajwi 20%. Amajwi yose amaze kubarurwa angana na 45%.
Aya majwi y'agateganyo akimara kujya hanze, Bobi Wine yahise atangaza ko ntamuntu ukwiriye guha agaciro ariya majwi yatangajwe.

Ati" ntimuhe agaciro ibyavuye mu matora biriya ni baringa biriho bitangazwa na Byabakama, kuko uwo wabaza wese ntiyakubwira ngo ariya majwi yaturutsehe?, abaduhagarariye kuri site iriho ibarurirwaho amajwi bariho baramubaza ngo ayo majwi urayakurahe, ni mugihe uyu Byabakama ntakintu nakimwe yasubiza".
Biteganyijwe ko ibyavuye mu matora mu buryo bwa burundu bizatangazwa tariki 17 Mutarama 2026.
Bagabo John
