Kuri uyu wambere tariki ya 10 Gashyantare 2025, Ishyaka riri kubutegetsi muri Tanzania(CCM) Chama Cha Mapinduzi, mu ntara ya Kilimanjaro, ryirukanye Pasiteri Dr Godfrey Malisa azira kuba yarenze ku Itegeko Nshinga n'indangagaciro z'ishyaka.
Icyemezo cyo kwirukana Malisa gishingiye ku magambo yavugaga ku cyemezo cy’inama nkuru y'ishyaka CCM yateranye ku ya 19 Mutarama 2025, avuga ko iyemezwa ry’abakandida (Perezida Samia Suluhu hamwe na Dr Hassan Hussein Mwinyi, w'ibirwa bya Zanzibar, ryarenze ku Itegeko CCM igenderaho.

Bagabo John
