•     

Umukozi w'Imana yasabye ko Amatorero yajya atanga imisoro

Umukozi w'Imana witwa Maina Njega, ukomoka muri Kenya, yavuze ko nkuko itorero ritabaho ridafite amaturo, ninako leta itabaho idafite imisoro, bityo ko abanyamadini n'amatorero basabwa gutanga Imisoro.

Umukozi w'Imana yasabye ko Amatorero yajya atanga imisoro
Pasiteri yasabye ko Abakozi b'Imana bajya batanga imisoro

Uyu mukozi w'Imana yavuze ibi, ubwo yagarukaga ku cyemezo leta yafashe cyuko buri mukozi w'Imana agomba kuba afite Diproma. 

Uyu Njega yavuze ko ibyo kuvuga ko buri mukozi w'Imana agomba kuba afite Diproma ataribyo kuko na Yesu nta Diproma yagiraga kandi ko gukizwa bidasaba kuba umuntu afite Diproma,  ahubwo asaba ko abakozi b'Imana ko  bajya batanga imisoro kuko ibyo bakora ari akazi nk'akandi.

              Pasiteri  Maina Njega 

Ati" kuvuga ubutumwa ni akazi nk'akandi bityo bakwiye kujya batanga umusoro kuko nta torero ryabaho ritagira Amaturo n'ikimwe nuko nta leta yabaho itagira imisoro ".

Njenga asanzwe ari umuyobozi w'itorero ryitwa Hope International Ministry, ari mu bavuga butumwa bakunze kumvikana muri Kenya anenga ubuyobozi buriho dore ko yigeze kufungwa imyaka itanu ariko akaza kurekurwa abaye umwere. 

Bagabo John

Umukozi w'Imana yasabye ko Amatorero yajya atanga imisoro

Umukozi w'Imana yasabye ko Amatorero yajya atanga imisoro
Pasiteri yasabye ko Abakozi b'Imana bajya batanga imisoro

Umukozi w'Imana witwa Maina Njega, ukomoka muri Kenya, yavuze ko nkuko itorero ritabaho ridafite amaturo, ninako leta itabaho idafite imisoro, bityo ko abanyamadini n'amatorero basabwa gutanga Imisoro.

Uyu mukozi w'Imana yavuze ibi, ubwo yagarukaga ku cyemezo leta yafashe cyuko buri mukozi w'Imana agomba kuba afite Diproma. 

Uyu Njega yavuze ko ibyo kuvuga ko buri mukozi w'Imana agomba kuba afite Diproma ataribyo kuko na Yesu nta Diproma yagiraga kandi ko gukizwa bidasaba kuba umuntu afite Diproma,  ahubwo asaba ko abakozi b'Imana ko  bajya batanga imisoro kuko ibyo bakora ari akazi nk'akandi.

              Pasiteri  Maina Njega 

Ati" kuvuga ubutumwa ni akazi nk'akandi bityo bakwiye kujya batanga umusoro kuko nta torero ryabaho ritagira Amaturo n'ikimwe nuko nta leta yabaho itagira imisoro ".

Njenga asanzwe ari umuyobozi w'itorero ryitwa Hope International Ministry, ari mu bavuga butumwa bakunze kumvikana muri Kenya anenga ubuyobozi buriho dore ko yigeze kufungwa imyaka itanu ariko akaza kurekurwa abaye umwere. 

Bagabo John