Muri Kenya haravugwa inkuru y'umwana w'umukobwa wihanije bwanyuma ababyeyi be kutazongera ku muhamagara kuko adateze kubakenera mubuzima numunsi numwe uretse umunsi wo kumushyingura gusa.
Uyu mwana w'umukobwa witwa Gladohkite, yasangije ubutumwa abamukurikira kuri Tik Tok, bwo kwihaniza ababyeyibe kutazongera ku muhamagara kuri terefone ndetse no kumwandikira ubutumwa bugufi.

Yagize ati" Ntihazagire umuntu wongera kumpamagara kuri terefone, bube ubwanyuma, nti muzongere kumpamagara mbisubiremo, ntamuntu numwe mvugana nawe aho murugo , nibiba ngombwa ko mbakenera bizaba ari uko muri kunshyingura kandi nabwo nzaba ntabyumva ibyo muzaba mukora byose., munyibagirwe rwose".
Uyu mwana w'umukobwa ntabwo yigeze asobanura icyo yaba yarapfuye n'ababyeyi be kuburyo ageraho abihaniza ku mugaragaro.
Bagabo John
