DRC n'icyo gihugu muri Afirika kiza ku mwanya wa mbere mu kugira abayoboke benshi ba Kiliziya Gatolika
Nk’uko ibiro ntaramakuru Vatikani, i Roma bibitangaza, raporo ivuga ko umubare w'abapadiri muri Afurika wiyongereyeho 2,7 ku ijana ndetse n'abepiskopi na bo bariyongereye.
Igihugu kiza imbere gifite umubare munini w’abayoboke ba Kiliziya gatolika muri Afurika ni Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), hamwe n’abagatolika miliyoni 55.

Igakurikirwa na Nijeriya ifite abayoboke miliyoni 35, hagakurikiraho Uganda, Tanzaniya na Kenya., nubwo batavuze buri Gihugu umubare.
Mu bindi icyo kinyamakuru cyatangaje ni uko Umubare w'abapadiri ndetse n'Abasenyeri nawo wariyongereye ugera kuri
3,31 ku ijana
Aho aba abasenyeri bavuye kuri 1.4 bingana n'Abasenyeri 5,353 bagera kuri 5, 430
Nubwo imibare y'abapadiri n'Abasenyeri yazamutse, ariko ngo imibare y'abadiakoni ntabwo yigeze izamuka cyane muri Rusange.
Umubare w'abaseminari mu iseminari nkuru wagabanutseho 1.8 ku ijana, ni ukuvuga kuva ku baseminari 108.481 ukagera ku baseminari 106.495, ariko muri Afurika umubare w'abaseminari wiyongereyeho 1,1 ku ijana uva mu baseminari 34.541 ugera ku baseminari 34.924.
Bagabo John
