Abageni bari bamaze iminsi irindwi bakoze ubukwe bitabye Imana bazize impanuka y'imodoka ubwo bari bagiye gushyingura.
Umugabo n'umugore bo muri Tanzania bakoze ubukwe tariki ya 17 Ukuboza 2022, bitabye Imana bajya gushyingura ahitwa Mbea, baje gukora impanuka y'imodoka ubwo bari mu modoka yaje kugongana n'indi bahita bahasiga

Umuyobozi wa Police mu ntara ya Iringa witwa
Allan Bukumbi, yemeje aya makuru avuga ko muri iriya mpanuka abantu batatu bahasize ubuzima abandi babiri barakomereka ubu bakaba biho bavurirwa mu bitaro bya Iringa.
Amakuru avuga ko muri iyo mpanuka harimo umubyeyi wumwe muri banyakwigendera.
Bagabo John
