Ubushaka shatsi bwagaragaje ko Ebola ushobora kuyikira ariko ikamara amezi atandatu mu ntanga ngabo Ndetse n'amezi atandatu mu Mashereka ku bagore bityo ko Umugabo ashobora ku yanduza umugore mu gihe bakora imibonano mpuzabitsina kimwe n'umugore ashobora kuyanduza umwana ukiri kwibere.
Ibi nibyatangajwe n'umuyobozi ushinzwe gukingira no gukumira ubwandu muri Minisiteri y'ubuzima muri Tanzania
Dk Joseph Hokororo, ubwo yari mu kiganiro n'itangazamakuru kuri uyu wa 9 Ugushyingo 2022

Dr Joseph Hokororo
Ati" virusi ya Ebola imara igihe kingana n'amezi atandatu mu mubiri w'umuntu bityo ku mugabo ikaba iri mu ntanga kuburyo iyo akoze imibonano mpuzabitsina ashobora kwanduza umugore we, ibi kandi ninako bimera ku mugore wonsa kuko virusi nayo imara amezi atandatu kuburyo umugore ashobora kwanduza umwana we binyuze mu Mashereka amwonsa."
Usibye kumara icyo gihe cyose kingana
gutyo kuntanga ndetse no mu Mashereka, iyi virusi kandi ngo imara igihe mu bwonko, mu ruti rw'umugongo, mu maso, ndetse no mubindi bice bitandukanye.
Bagabo John
