Igisirikare cyatangaje ko kuri uyu wa gatandatu habaye imirwano ikaze yaguyemo abarwanyi ba Boko Haram 34 ndetse kuruhande rw'igisirikare cya Nigeria hakaba hapfuye abasirikare batandatu
BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko iyo mirwano yabaye ku wagatandantatu ushize mu gace ka Saboni Gari ubwo abo barwanyi bategaga igico abo basirikare ba Nigeria bari ho basubira mu kigo cya Gisirikare nkuko byatangajwe n'Umuvugizi w'igisirikare cya Nigeria, Gen Major Edward Buba.

Uyu muvugizi yakomeje avuga ko abo barwanyi bari aba Islamic State baka bari bafite Moto ndetse n'imodoka ziriho imbunda.
Ingabo zirwanira mu kirere nizo zirukanye abo barwanyi , ariko ngo basize bangije byinshi nubwo ibyangijwe bitigize bitangazwa.
Bagabo John
