Tanzania yatahuye amayeri mashya y'abantu binjiza ibiyobyabwenge bakoresheje imirambo ituruka hanze y'igihugu.
Umuyobozi mukuru ushinzwe kurwanya ibiyobyabwenge mu mukigo kitwa DCEA, General Aretas Lyimo, yavuze ko abo binjiza ibiyobyabwenge bafite amayeri akomeye kuyatahura.
Yagize ati" Hari abantu bazana ibiyobyabwenge bakoresheje imirambo kuburyo kubitahura bitoroshye, barafata Umurambo bagakuramo Ubwonko barangiza bagahita bashyiramo ibyo biyobyabwenge, cyangwa bagakuramo amara yose munda barangiza bagahita bashyiramo ibiyobyabwenge".

General Aretas Lyimo, yasabye abantu bose kujya bitondera imirambo y'abantu baba bitabye Imana bari hanze y'igihugu kuko ariyo bifashisha mu kwingiza ibiyobyabwenge mu gihe bayizanye ku yishyingira mu gihugu , ndetse anasaba abantu bose kwirinda kwingiza ibiyobyabwenge mu kuko uzabifatirwamo azabihanirwa n'amategeko.
Bagabo John
