Impirimbanyi ziharanira uburenganzira bwa kiremwa muntu, zamaganye igikorwa cyakozwe n'umupolisi muri Kenya cyo kwiyita umunyamakuru kugirango abone uko afata abantu bari mu myigaragambyo
Ibi byabaye kuri uyu wagatatu tariki ya 19 Nyakanga 2023, ubwo Umupolisi yaje akivanga n'abanyamakuru agatangira gufotora.
Uyu mupolisi ngo yaje kubona umwe mubari mu myigaragambyo ariho ashyamirana n'umupolisi hanyuma uyu wari wigize umunyamakuru ahita asimbuka afata uwo muturage.
Umuryango uharanira uburenganzira bwa Muntu witwa Haki Africa, watangaje ko ibyo uwo mupolisi yakoze binyuranyije n'itegeko kandi bishobora gushyira mu kaga ubuzima bw'umunyamakuru.

Umupolisi yigize Umunyamakuru kugirango abone uko ata muri yombi abari mu myigaragambyo
Mu kiganiro n'itangazamakuru kuri uyu wa kane, umuyobozi w'ishyirahamwe ry'abanyamakuru witwaHussein Khalid, yavuze ko ibyo uwo mupolisi yakoze kugirango abone uko afata abari mu myigaragambyo ari ukurenga ku mategeko.
Ati" ntabwo aribyo kwigira umunyamakuru kugirango ubone uko uta muri yombi abari mu myigaragambyo, ibi bishobora gushyira mu kaga abanyamakuru kandi binyuranyije n'amategeko".
Uwo muryango wasabye Polisi kutazongera gukoresha ubwo buryo bwo guta muri yombi abantu ari uko babanje kwigira abanyamakuru.
Bagabo John
