Umugaba mukuru w'Ingabo za Tanzania General Major Rajabu Mabele, yaburiye abantu bamwe bahimba ibyangombwa by'Ingabo ndetse bakigana isinya ye bakabikoresha mu bikorwa bitandukanye, cyane cyane mu gusaba akazi mu bigo bishinzwe umutekano.
Ibi Jenerali Majoro Mabele, yabitangaje kuri uyu wa gatatu tariki ya 26 Werurwe 2025. ubwo yaganiraga n’Abanyamakuru nyuma yogusura ingabo za 837KJ Chita ziri mu Ntara ya Morogoro.
Yavuze ko hari urubyiruko rusigaye rw'igana Ibyangombwa by'ingabo z'igihugu ndetse bakigana n'isinya ye, rugaragaza ko rwarangije mu myitozo y'igisirikare cya Tanzania.

Ibi babikora iyo bagiye gushaka akazi mu bigo bishinzwe gucunga umutekano.
General Major Mabele, yavuze ko iki ari icyaha gihanwa n'amategeko iyo uwabikoze abihamijwe n'ubutabera., aboneraho gusaba Urubyiruko kwirinda kwishora muri izo ngeso zo kwigana Ibyangombwa biriho isinya y'uyu Mugaba Mukuru w'Ingabo za Tanzania
Bagabo John
