•     

Ntibyumvikana ukuntu umuntu afata inguzanyo yo gushyingura "Senater Evode"

Senateri Uwizeyimana Evode aranenga Abantu bakunda ubuzima bworoshye ariko budashingiye ku murimo kuburyo bigera aho umuntu yaka inguzanyo agiye Gushyingura.

Ntibyumvikana ukuntu umuntu afata inguzanyo yo gushyingura "Senater Evode"
Senateri Uwizeyimana Evode aranenga abafata inguzanyo yo gushyingura

Ibi Senateri Uwizeyimana Evode yabigarutse kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2022  ubwo yagezaga ikiganiro ku bitabiriye Ihuriro rya 15 ry’Umuryango Unity Club Intwararumuri

Senateri Uwizeyimana yanenze Abantu  bamwe bakora iminsi mikuru cyangwa indi minsi irimo no gushyingura bagakoresha amafaranga menshi kandi we abona ko bidakwiye. 

Ati'" ntibyumvikana uburyo umuntu afata inguzanyo yo gushyingura cyangwa iyo kugira ngo umugore we ajye kubyarira muri Amerika asize Ibitaro bya Faisal"

Evode avuga ko ibi ari ugukunda ubuzima bworoshye 
ariko bidashingiye ku murimo. 


Iri huriro ryitabiriwe na Madamu Jeannette Kagame, abayobozi mu nzego nkuru z’igihugu ndetse n’Abanyamuryango by’umwihariko.

Abitabiriye bose babarirwa hagati ya 300-350.

Ni ihuriro rifite insanganyamatsiko igira iti ‘Ndi Umunyarwanda, Igitekerezo ngenga cy’Ukubaho kwacu’,

Bagabo John

Ntibyumvikana ukuntu umuntu afata inguzanyo yo gushyingura "Senater Evode"

Ntibyumvikana ukuntu umuntu afata inguzanyo yo gushyingura "Senater Evode"
Senateri Uwizeyimana Evode aranenga abafata inguzanyo yo gushyingura

Senateri Uwizeyimana Evode aranenga Abantu bakunda ubuzima bworoshye ariko budashingiye ku murimo kuburyo bigera aho umuntu yaka inguzanyo agiye Gushyingura.

Ibi Senateri Uwizeyimana Evode yabigarutse kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2022  ubwo yagezaga ikiganiro ku bitabiriye Ihuriro rya 15 ry’Umuryango Unity Club Intwararumuri

Senateri Uwizeyimana yanenze Abantu  bamwe bakora iminsi mikuru cyangwa indi minsi irimo no gushyingura bagakoresha amafaranga menshi kandi we abona ko bidakwiye. 

Ati'" ntibyumvikana uburyo umuntu afata inguzanyo yo gushyingura cyangwa iyo kugira ngo umugore we ajye kubyarira muri Amerika asize Ibitaro bya Faisal"

Evode avuga ko ibi ari ugukunda ubuzima bworoshye 
ariko bidashingiye ku murimo. 


Iri huriro ryitabiriwe na Madamu Jeannette Kagame, abayobozi mu nzego nkuru z’igihugu ndetse n’Abanyamuryango by’umwihariko.

Abitabiriye bose babarirwa hagati ya 300-350.

Ni ihuriro rifite insanganyamatsiko igira iti ‘Ndi Umunyarwanda, Igitekerezo ngenga cy’Ukubaho kwacu’,

Bagabo John