•     

Tanzania: Uwambaye imyenda yagisirikare ngo inkumi itamubenga yakatiwe gufungwa

Umusore witwa Rajabu Reli, w'inyaka 22, yahanishijwe gufungwa amezi atandatu azira kwambara imyenda y'igisirikare cya Tanzania ubwo yari agiye guhura n'inkumi bakundana ngo itaza ku mubenga.

Tanzania: Uwambaye imyenda yagisirikare ngo inkumi itamubenga yakatiwe gufungwa
Yafunzwe azira kwambara imyenda yagisirikare ngo inkumi ita mubenga

Kimwe mu binyamakuru byandikirwa muri Tanzania, cyanditse ko uyu musore yatawe muri yombi Tariki 5 Ukuboza 2024 agezwa imbere y'ubutara tariki 7 Mutarama 2025.

Nyuma yokuburanishwa akaza guhamwa n'icyaha cyo kwambara imyenda y'igisirikare cya Tanzania mu buryo bunyuranyije n'itegeko, Urukiko rwahise rumukatira gufungwa amezi atandatu.

Mu iburanisha uyu musore yemeye ibyo yaregwaga n'ubushinjacyaha maze mu kwisobanura avuga yambaye iriya myenda ya gisirikare ubwo yari agiye guhura n'inkumi bakundana kugirango itamubenga.

Uyu musore akaba yari yasabye Urukiko ko rwaca inkoni izamba nacyane ko bwari ubwambere akoze icyaha, ariko ubusabe bwa Rajabu Urukiko rwabuteye utwatsi.

Bagabo John

Tanzania: Uwambaye imyenda yagisirikare ngo inkumi itamubenga yakatiwe gufungwa

Tanzania: Uwambaye imyenda yagisirikare ngo inkumi itamubenga yakatiwe gufungwa
Yafunzwe azira kwambara imyenda yagisirikare ngo inkumi ita mubenga

Umusore witwa Rajabu Reli, w'inyaka 22, yahanishijwe gufungwa amezi atandatu azira kwambara imyenda y'igisirikare cya Tanzania ubwo yari agiye guhura n'inkumi bakundana ngo itaza ku mubenga.

Kimwe mu binyamakuru byandikirwa muri Tanzania, cyanditse ko uyu musore yatawe muri yombi Tariki 5 Ukuboza 2024 agezwa imbere y'ubutara tariki 7 Mutarama 2025.

Nyuma yokuburanishwa akaza guhamwa n'icyaha cyo kwambara imyenda y'igisirikare cya Tanzania mu buryo bunyuranyije n'itegeko, Urukiko rwahise rumukatira gufungwa amezi atandatu.

Mu iburanisha uyu musore yemeye ibyo yaregwaga n'ubushinjacyaha maze mu kwisobanura avuga yambaye iriya myenda ya gisirikare ubwo yari agiye guhura n'inkumi bakundana kugirango itamubenga.

Uyu musore akaba yari yasabye Urukiko ko rwaca inkoni izamba nacyane ko bwari ubwambere akoze icyaha, ariko ubusabe bwa Rajabu Urukiko rwabuteye utwatsi.

Bagabo John