Igipolisi cyatangaje ko cyataye muriyombi umusore witwa Jonas Mushi w'imyaka 26 utuye mu karere ka Moshi, aho akurikiranyweho kwica ise umubyara hamwe n'umugorewe abaziza ko bamuroga.
Umuyobozi wa Polisi muri Kilimanjaro Simon Maigwa, yavuze ko ayo mahano yabaye tariki ya 19 Nyakanga 2022.
Uyu musore Jonas ngo yagiye murugo rwa Sewabo ahita afata umuhoro atangira ku mutemagura, umugorewe aza gutabara umugabowe nawe ahita amwadukira nawe aramutemagura kugeza bose bashyizemo umwuka.

Impamvu zatunye uwo musore yishe ise wabo numugorewe byatewe nuko uwo ise wabo afatanyije n'umugorewe ngo baramuroga, bigatuma atagira icyo yimarira mu buzima.
Muri Tanzania akenshi amakimbirane yaho atuma habamo ubwicanyi bwa hato naho nuko bakunda kwizerera mu marozi. Bityo umuntu wese iyo agize icyo aba bihita byitwa ko ari amarozi.
Bagabo John.
