•     

Turamagana impirimbanyi zohanze- Samia

Perezida Samia yamaganye impirimbanyi zohanze ziza kwivanga mu bibazo bya Tanzania, asaba inzego z'umutekano kutemerare abantu baba abo hanze cyangwa mu gihugu guhungabanya umutekano.

Turamagana impirimbanyi zohanze- Samia
Turamagana impirimbanyi zohanze- Samia

Perezida wa  Tanzania  Samia Suluhu Hassan ubwo yaganira n'abayobozi ndetse n'abashyitsi batandukanye mu itangizwa rya Politiki y’ububanyi n’amahanga ya 2001 mu mwaka mu kigo mpuzamahanga  cya Julius Nyerere (JNICC) i Dar es Salaam kuri uyu wambere tariki  ya 19 Gicurasi 2025. yamaganye Impirimbanyi zohanze ziza kwivanga mu bibazo bya Tanzania.

Yagize ati"   Twatangiye kubona urujya nuruza rw'impirimbanyi zaje muri kano kace zikaba zatangiye kwivanga mu byacu, niba aho iwabo bakomoka bara bakumiriwe ntibaze kutwangiriza ibyacu."

Samia yakomeje ati" Nti dutange umwanya, bamaze kwangiza iwabo,  badurumbanyije iwabo,  iki gihugu ntabwo kirangirika  abantu bafite amahoro umutekano n'ituze ni hano iwacu hasigaye,  hari ibiriho bigeragezwa, ndasaba cyane inzego z'umutekano  hamwe n'abahagarariye igihugu cyacu mu mahanga, kutemerera abantu bashobora kuza kuduhungabanyiriza umutekano hano."

Muri iryo jambo Samia yavuze ko yabonye video zimvuga nabi ko ari  umuntu mubi, ariko ashimangirako ibyo akora ari  ukurinda igihugu cye  kuko nizo nshingano yahawe.

Ati " Ku bwibwibyo  ntabwo tuzatanga umwanya ku kiremwa cyose  kuza guteza umutekano mucye hano,  yaba  hano mu gihugu cyangwa aturuka hanze y'igihugu.
Ntabwo tuzatanga uwo mwanya." 

Impirimbanyi Karua Martha wo muri Kenya kuri iki cyumweru yakumiriwe ku kibuga k'indege cya Nyerere ubwo yari yaje kwitabira urubanza rwa Tundu Lissu 

Nubwo Perezida Samia atakomoje ku mazina y'abantu cyangwa igihugu runaka, ariko kuri iki cyumweru hari Impirimbanyi za Politiki zaje ziturutse mu gihugu cya Kenya zari ziyobowe na Karua Martha,  zakumiriwe zigeze ku kibuga k'indege mpuzamahanga cya Nyerere zije gukurikira urubanza rw'umunyepolitike Tundu Lissu utavuga rumwe n'ubutegetsi bwa Samia witabye ubutabere kuri uyu wambere tariki ya 19 Gicurasi 2025.

Bagabo John

Turamagana impirimbanyi zohanze- Samia

Turamagana impirimbanyi zohanze- Samia
Turamagana impirimbanyi zohanze- Samia

Perezida Samia yamaganye impirimbanyi zohanze ziza kwivanga mu bibazo bya Tanzania, asaba inzego z'umutekano kutemerare abantu baba abo hanze cyangwa mu gihugu guhungabanya umutekano.

Perezida wa  Tanzania  Samia Suluhu Hassan ubwo yaganira n'abayobozi ndetse n'abashyitsi batandukanye mu itangizwa rya Politiki y’ububanyi n’amahanga ya 2001 mu mwaka mu kigo mpuzamahanga  cya Julius Nyerere (JNICC) i Dar es Salaam kuri uyu wambere tariki  ya 19 Gicurasi 2025. yamaganye Impirimbanyi zohanze ziza kwivanga mu bibazo bya Tanzania.

Yagize ati"   Twatangiye kubona urujya nuruza rw'impirimbanyi zaje muri kano kace zikaba zatangiye kwivanga mu byacu, niba aho iwabo bakomoka bara bakumiriwe ntibaze kutwangiriza ibyacu."

Samia yakomeje ati" Nti dutange umwanya, bamaze kwangiza iwabo,  badurumbanyije iwabo,  iki gihugu ntabwo kirangirika  abantu bafite amahoro umutekano n'ituze ni hano iwacu hasigaye,  hari ibiriho bigeragezwa, ndasaba cyane inzego z'umutekano  hamwe n'abahagarariye igihugu cyacu mu mahanga, kutemerera abantu bashobora kuza kuduhungabanyiriza umutekano hano."

Muri iryo jambo Samia yavuze ko yabonye video zimvuga nabi ko ari  umuntu mubi, ariko ashimangirako ibyo akora ari  ukurinda igihugu cye  kuko nizo nshingano yahawe.

Ati " Ku bwibwibyo  ntabwo tuzatanga umwanya ku kiremwa cyose  kuza guteza umutekano mucye hano,  yaba  hano mu gihugu cyangwa aturuka hanze y'igihugu.
Ntabwo tuzatanga uwo mwanya." 

Impirimbanyi Karua Martha wo muri Kenya kuri iki cyumweru yakumiriwe ku kibuga k'indege cya Nyerere ubwo yari yaje kwitabira urubanza rwa Tundu Lissu 

Nubwo Perezida Samia atakomoje ku mazina y'abantu cyangwa igihugu runaka, ariko kuri iki cyumweru hari Impirimbanyi za Politiki zaje ziturutse mu gihugu cya Kenya zari ziyobowe na Karua Martha,  zakumiriwe zigeze ku kibuga k'indege mpuzamahanga cya Nyerere zije gukurikira urubanza rw'umunyepolitike Tundu Lissu utavuga rumwe n'ubutegetsi bwa Samia witabye ubutabere kuri uyu wambere tariki ya 19 Gicurasi 2025.

Bagabo John