Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Mozambique, Venancio Mondlane, yagarutse mu gihugu uyu munsi ku wakane tariki 9 Mutarama 2025 mbere y’irahira rya perezida mushya mu cyumweru gitaha nyuma y’amatora atavugwaho rumwe.
Akigera mu gihugu Venancio Mondlane, yavuze ko agarutse kuba hafi y’imyigaragambyo imaze ibyumweru byinshi, bikaba bivugwa ko imaze kugwamo abarenga 300.
Ubwo yageraga ku kibuga cy'indege, imihanda myinshi yari ifunze mu rwego rwo kwirinda ko abamushyigikiye baza ari benshi ku mwakira.

Inzego z'umutekano zabujije abantu kugera ku kibuga keretse bafite itike y'indege gusa.
Tubinutse ko Venancio Mondlane yagize amajwi 24% mu gihe Daniel Chapo arinawe watsinze amatora yagize amajwi 65%
Bagabo John
