Muri Ghana haravugwa inkuru y'umukobwa utwite inda y'amezi atandatu aho yaje ku menya ko uwo musore wamuteye inda amaze imyaka itanu yitabye Imana nkuko yabibwiwe na nyina wa nyakwigendera
Ibi byamenyekanye ubwo uwo mukobwa yagishaga inama kuri Radio yitwa Asaase FM, agirango amenye uko yabyitwaramo.
Uyu mukobwa ngo yakundanye nuyu mu sore bivugwa ko amaze imyaka itanu yitabye Imana ariko ngo yaje kugira ikibazo aho Telephone yuyu mu kunzi we yavaga ku murongo ntibongere kuvugana.

Uyu mukobwa ngo bari bamaranye imyaka ibiri bakundana nuwo musore , nyuma yaje gutungurwa ubwo yabiganirizaga umugore umwe akamubwira ko uwo avuga ari umuhungu we umaze imyaka itanu yitabye Imana.
Ati" nabiganirije umubyeyi umwe duhuye ngiye kubona mbona arunamye atangiye kurira ambwira ko uwo avuga ari umuhungu we ariko akaba yari tabye Imana. ".
Abakoresha imbuga nkoranyambaga bahise bavuga ko uwo mugore yaryamanaga n'igijini akaba ariryo ryamuteye inda.
Bagabo John
