Abayobozi bavuga ko byibuze abantu 59 bitabye Imana abandi barenga 118 barakomereka, biturutse ku nkongi y'umuriro yibasiye akabyiniro kamwe mu Majyaruguru ya Makedoniya.
BBC ikinyamakuru Rubanda gikesha iyi nkuru cyanditse ko Inkongi y'umuriro yibasiye ako kabyiniro ahagana mu ma saa mbiri n'igice z'ijoro ryo kuwa 16 Werurwe 2025, mu Ka byiniro kitwa Pulse mu gace kitwa i Kocani, mu mujyi uri ku birometero 100 mu burasirazuba bw'umurwa mukuru, Skopje.

Aka Ka byiniro kafashwe n'inkongi y'umuriro, abantu 59 bitaba Imana
Abantu bagera ku 1.500 bari bitabiriye igitaramo cyari cyateguwe na bahanzi babiri bazwi cyane mu injyana ya Hip-hop, babarizwa mu itsinda rizwi nka DNK.
Amafoto yashyizwe hanze yerekana igisenge cyinyubako cyaka umuriro.
Minisitiri w’intebe Hristijan Mickoski yavuze ko ari umunsi utoroshye kandi ubabaje cyane ku gihugu cyapfushije umubare bw’abasore benshi n'urubyiruko muri rusange rwari rwitabiriye icyo gitaramo.
Bagabo John
