Uwahoze ahagarariye Tanzania muri Cuba ndetse unazwi nk'umwe mu banenga ubutegetsi bwa Tanzania, Humphrey Polepole, yashimuswe n’abantu bataramenyekana, nk’uko byemejwe n’umuryango we.
Umuvugizi w’umuryango wa Humphrey Polepole, Godfrey Polepole, yatangaje ko uyu mugabo yatewe n’abantu bataramenyekana mu ijoro ryo ku wa mbere tariki ya 6 Ukwakira 2025, aho yari atuye mu mujyi wa Dar es Salaam muri Tanzaniya.
Mu kiganiro yagiranye na BBC dukesha iyi nkuru, Godfrey Polepole murumuna wa Humphrey Polepole yavuze ko abateye urugo rwe bamusanze iwe nijoro.

Yagize ati: "Ni byo koko, iki gikorwa cyabaye nijoro mu rugo rwe. Twamaze kubimenyesha inzego z’umutekano."
Amashusho yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga mu gihugu cya Tanzaniya agaragaza urugi rw’inzu rwasenywe ndetse no ku butaka harimo amaraso, mu nzu bivugwa ko yari icumbitsemo Humphrey Polepole., uyu muryango ukaba ufite impungenge yuko umuvandimwe wabo yaba yanishwe bakurikije amaraso basanze mu nzu yabagamo.
Umuryango watangaje ko wamaze kugeza ikibazo ku rwego rwa Polisi, by'umwihariko ku ishami rya Polisi riri i Mbweni, aho iperereza ryatangiye.
Kugeza ubu, inzego z’umutekano ntiziratanga amakuru arambuye ku byabaye, ndetse n’aho Polepole yaba aherereye ntiharamenyekana.

Umuyobozi wa Polisi muri Tanzania Muliro Jumanne, yavuze ko batazi igihe Polepole yaba yaragarutse mu gihugu kuko yari yarahunze, bityo ko bagiye gukurikirana bakamenya ukuri kubivugwa ko Pole pole yashimuswe.
Bagabo John
