Ambasade y'Amerika muri Kenya, yaburiye abataturage bayo batuye mu ri Nairobi kwitwararika kuko hashobora ku gabwa ibitero by'iterabwoba
Itangazo ryaturutse mu biro by'ambasaderi rigira riti" Imitwe y'iterabwoba ishobora kugaba ibitero nta nteguza, ibice bishobora kwibasirwa harimo, amahoteri, ambasade, resitora, inyubako z'ubucuruzi, amasoko, amashuri, sitasiyo za polisi, aho basengera ndetse n'abashyitsi na ba mukerarugendo basura iki gihugu".
Iryo itangazo rikomeza risaba abanyamerika batuye muri Kenya kwigengesera cyane birinda ku gana mu bice byavuzwe muri iryo tangazo mu rwego rwo kwirinda ko byabagiraho ingaruka.
Gusa ngo nubwo hakekwa ko hashobora ku gabwa ibitero n'imitwe y'iterabwoba, iyo Ambasade yavuze ko Leta ya Kenya yakajije ingamba z'umutekano by'umwihariko mu mijyi.
Bagabo John
