Leta ya Kenya yatangaje ko iriho ihigisha uruhindu umugabo w'Umurusiya utaramenyekana umwirondoro we usambanya abana babakobwa yarangiza akabafata video agahita azisakaza ku mbuga nkoranyambaga ze.
Minisitiri w'Umuryango muri Kenya Hanna Wendot, yasabye abakobwa bagizweho ingaruka n'uwo mugabo ko bagana ubutabara bakabasha gufashwa.
Ikibazo cy'uwo mugabo kimenyekanye nyuma y'iminsi mike ishize, hakwirakwira amashusho yabaga yafashe ari mu gikorwa cyo kusambana nabo bakobwa yarangiza agahita ayashyira ku mbuga nkoranyambaga akoresha.

Minisitiri Hanna Wendot, yavuze ko Leta ku bufatanye n'amashyirahamwe ashinzwe kurengera uburenganzira bw'umwana n'umuryango muri rusange, gufatanya gushakisha uwo mugabo agatabwa muri yombi kugirango akurikiranwe kubyaha byo gukwirakwiza amashusho y'urukozasoni yifashishije mudasobwa.
Hari amakuru avuga ko uriya mugabo atari bwo bwambere akoze biriya bikorwa byo gusambanya abakobwa yarangiza agahita akwirakwiza amashusho ku mbuga nkoranyambaga ze, kuko ngo nomuri Ghana na Nigeria nabwo yarabikoze ariko ntabwo yigeze atabwa muri yombi.
Bagabo John
