•     

Minisitiri w’Intebe yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Ntara y'Iburasirazuba

Kuri uyu wagatanu 8 Kanama 2025 , Minisitiri w’Intebe Dr . Justin Nsengiyumva, yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Ntara y'Iburasirazuba, asura imishinga inyuranye y’ingenzi mu buhinzi ngo arebe aho igeze ishyirwa mu bikorwa.

Minisitiri w’Intebe  yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Ntara y'Iburasirazuba
Minisitiri w’Intebe Dr Nsengiyumva Justin yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Ntara y'Iburasirazuba

Imishinga asura irimo Umushinga wo Kuhira wa Nasho, Uruganda rw’amata y’ifu rwa Nyagatare n'Icyanya cyahariwe Ubuhinzi cya Gabiro. 

Muri uru ruzinduko yasuye umushinga w’ubuhinzi bwuhira bukoresha ingufu z’imirasire y’izuba i Nasho. Minisitiri w’Intebe Nsengiyumva yaganiriye n’abaturage bamwe bamaze kungukira ku ikoreshwa ry'uburyo bwuhira hifashishijwe ikoranabuhanga rizwi nka pivoti, bahurijwe hamwe muri Koperative y’Abahinzi ba Nasho (NAICO). 

Minisitiri w’Intebe yasabye aba bahinzi gukoresha neza iri koranabuhanga kugira ngo bongere umusaruro. Yanashishikarije urubyiruko kwitabira ibikorwa by’ubuhinzi mu buryo bufatika. 

Aba bahinzi bashimiye Leta y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo kuri uyu mushinga wateje imbere imibereho yabo mu buryo bugaragara.

Bagabo John

Minisitiri w’Intebe yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Ntara y'Iburasirazuba

Minisitiri w’Intebe  yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Ntara y'Iburasirazuba
Minisitiri w’Intebe Dr Nsengiyumva Justin yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Ntara y'Iburasirazuba

Kuri uyu wagatanu 8 Kanama 2025 , Minisitiri w’Intebe Dr . Justin Nsengiyumva, yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Ntara y'Iburasirazuba, asura imishinga inyuranye y’ingenzi mu buhinzi ngo arebe aho igeze ishyirwa mu bikorwa.

Imishinga asura irimo Umushinga wo Kuhira wa Nasho, Uruganda rw’amata y’ifu rwa Nyagatare n'Icyanya cyahariwe Ubuhinzi cya Gabiro. 

Muri uru ruzinduko yasuye umushinga w’ubuhinzi bwuhira bukoresha ingufu z’imirasire y’izuba i Nasho. Minisitiri w’Intebe Nsengiyumva yaganiriye n’abaturage bamwe bamaze kungukira ku ikoreshwa ry'uburyo bwuhira hifashishijwe ikoranabuhanga rizwi nka pivoti, bahurijwe hamwe muri Koperative y’Abahinzi ba Nasho (NAICO). 

Minisitiri w’Intebe yasabye aba bahinzi gukoresha neza iri koranabuhanga kugira ngo bongere umusaruro. Yanashishikarije urubyiruko kwitabira ibikorwa by’ubuhinzi mu buryo bufatika. 

Aba bahinzi bashimiye Leta y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo kuri uyu mushinga wateje imbere imibereho yabo mu buryo bugaragara.

Bagabo John