•     

Ntabwo nzagana inkiko kubera ko ntizeye ubutabera -Bobi Wine

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda NUP, Bobi Wine, yatangaje ko atazajyana mu nkiko ngo ateshe agaciro ibyavuye mu matora yabaye ku wa Kane ushize, kubera ko atizeye ubutabera bw’inkiko z'icyo gihugu.

Ntabwo nzagana inkiko kubera ko ntizeye ubutabera -Bobi Wine
Ntabwo nzagana inkiko kubera ko ntizeye ubutabera -Bobi Wine

Bobi Wine yavuze ko azakomeza guhangana na Perezida Yoweri Museveni n’ubwo ahangayikishijwe n’umutekano we bwite.

Uyu wahoze ari icyamamare mu muziki, ufite imyaka 43, yavuze ko inkiko za Uganda zafashwe bunyago, asaba Abanyauganda gukoresha inzira zose zemewe n’amategeko mu kurengera no kurinda demokarasi yabo.

Museveni w’imyaka 81 y’amavuko, yatangaje intsinzi ikomeye, anashinja abatavuga rumwe n’ubutegetsi kugerageza gutesha agaciro ibyavuye mu matora binyuze mu myivumbagatanyo.

Museveni yabonye amajwi 71% mu gihe Bobi Wine, wari umukandida wa mbere umukurikiye, yabonye 24%.

Bagabo John

Ntabwo nzagana inkiko kubera ko ntizeye ubutabera -Bobi Wine

Ntabwo nzagana inkiko kubera ko ntizeye ubutabera -Bobi Wine
Ntabwo nzagana inkiko kubera ko ntizeye ubutabera -Bobi Wine

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda NUP, Bobi Wine, yatangaje ko atazajyana mu nkiko ngo ateshe agaciro ibyavuye mu matora yabaye ku wa Kane ushize, kubera ko atizeye ubutabera bw’inkiko z'icyo gihugu.

Bobi Wine yavuze ko azakomeza guhangana na Perezida Yoweri Museveni n’ubwo ahangayikishijwe n’umutekano we bwite.

Uyu wahoze ari icyamamare mu muziki, ufite imyaka 43, yavuze ko inkiko za Uganda zafashwe bunyago, asaba Abanyauganda gukoresha inzira zose zemewe n’amategeko mu kurengera no kurinda demokarasi yabo.

Museveni w’imyaka 81 y’amavuko, yatangaje intsinzi ikomeye, anashinja abatavuga rumwe n’ubutegetsi kugerageza gutesha agaciro ibyavuye mu matora binyuze mu myivumbagatanyo.

Museveni yabonye amajwi 71% mu gihe Bobi Wine, wari umukandida wa mbere umukurikiye, yabonye 24%.

Bagabo John