•     

Papa Leo wa XIV, yongeye gusaba guhagarika intambara muri Sudani nyuma y’uko abantu ibihumbi biciwe i El Fasher

Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Leo wa XIV, yongeye gusaba guhagarika intambara muri Sudani nyuma y’uko abantu ibihumbi biciwe i El Fasher.

Papa Leo wa XIV, yongeye gusaba guhagarika intambara muri Sudani nyuma y’uko abantu ibihumbi biciwe i El Fasher
Papa Leo wa XIV, yongeye gusaba guhagarika intambara muri Sudani nyuma y’uko abantu ibihumbi biciwe i El Fasher

Vatikani – Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, Nyirubutungane Papa Leo wa XIV, yongeye gusaba guhagarika ako kanya imirwano iri muri Sudani, nyuma y’uko abantu ibihumbi bahitanywe n’ubwicanyi bwabereye mu mujyi wa El Fasher wo mu majyaruguru y’igihugu.

Mu itangazo ryasohowe na Vatikani kuri uyu wa Gatandatu, Papa Leo wa XIV yamaganye bikomeye ibitero byibasiye abasivili, avuga ko ari ibikorwa by’ubugome bidakwiye kwihanganirwa. Yagaragaje impungenge ku mibereho y’abaturage basigaye mu kaga, asaba impande zose zirwana kwemerera inzira z’imfashanyo z’ubutabazi gufungurwa byihutirwa kugira ngo abari mu kaga babone ubufasha.

Papa yavuze ati: “Kiliziya irakomeje gusabira amahoro muri Sudani. Ndongera gusaba impande zose gushyira imbere ubuzima bw’abantu no guhagarika imirwano ako kanya. Inzira z’ubutabazi zigomba gufungurwa kugira ngo abarwayi, impunzi n’abana babone ubufasha bakeneye.”

Iyi si yo nshuro ya mbere Umushumba wa Kiliziya asaba guhagarika imirwano muri Sudani, kuko no mu mezi ashize yari yagaragaje impungenge ku mibereho y’abaturage bagwiririwe n’intambara imaze igihe hagati y’ingabo za Leta n’umutwe w’abarwanyi ba Rapid Support Forces (RSF)

Papa Leo wa XIV yasabye kandi umuryango mpuzamahanga gukomeza gushyigikira ibikorwa byo kugarura amahoro no gufasha abaturage ba Sudani, avuga ko “amahoro ari wo muti wonyine ushobora gukiza iki gihugu cyugarijwe n’ubukene n’intambara”.

Bagabo John

Papa Leo wa XIV, yongeye gusaba guhagarika intambara muri Sudani nyuma y’uko abantu ibihumbi biciwe i El Fasher

Papa Leo wa XIV, yongeye gusaba guhagarika intambara muri Sudani nyuma y’uko abantu ibihumbi biciwe i El Fasher
Papa Leo wa XIV, yongeye gusaba guhagarika intambara muri Sudani nyuma y’uko abantu ibihumbi biciwe i El Fasher

Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Leo wa XIV, yongeye gusaba guhagarika intambara muri Sudani nyuma y’uko abantu ibihumbi biciwe i El Fasher.

Vatikani – Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, Nyirubutungane Papa Leo wa XIV, yongeye gusaba guhagarika ako kanya imirwano iri muri Sudani, nyuma y’uko abantu ibihumbi bahitanywe n’ubwicanyi bwabereye mu mujyi wa El Fasher wo mu majyaruguru y’igihugu.

Mu itangazo ryasohowe na Vatikani kuri uyu wa Gatandatu, Papa Leo wa XIV yamaganye bikomeye ibitero byibasiye abasivili, avuga ko ari ibikorwa by’ubugome bidakwiye kwihanganirwa. Yagaragaje impungenge ku mibereho y’abaturage basigaye mu kaga, asaba impande zose zirwana kwemerera inzira z’imfashanyo z’ubutabazi gufungurwa byihutirwa kugira ngo abari mu kaga babone ubufasha.

Papa yavuze ati: “Kiliziya irakomeje gusabira amahoro muri Sudani. Ndongera gusaba impande zose gushyira imbere ubuzima bw’abantu no guhagarika imirwano ako kanya. Inzira z’ubutabazi zigomba gufungurwa kugira ngo abarwayi, impunzi n’abana babone ubufasha bakeneye.”

Iyi si yo nshuro ya mbere Umushumba wa Kiliziya asaba guhagarika imirwano muri Sudani, kuko no mu mezi ashize yari yagaragaje impungenge ku mibereho y’abaturage bagwiririwe n’intambara imaze igihe hagati y’ingabo za Leta n’umutwe w’abarwanyi ba Rapid Support Forces (RSF)

Papa Leo wa XIV yasabye kandi umuryango mpuzamahanga gukomeza gushyigikira ibikorwa byo kugarura amahoro no gufasha abaturage ba Sudani, avuga ko “amahoro ari wo muti wonyine ushobora gukiza iki gihugu cyugarijwe n’ubukene n’intambara”.

Bagabo John