Umuyobozi wa Polisi muri Tanzania IGP Camillus Wambura, yavuze ko guhera saa kumi n'ebyiri z'umugoroba kubaturage batuye mu mujyi wa Dar es Salaam.
Itangazo rya tanzwe n'umuyobozi wa Polisi IGP Camillus Wambura, yavuze guhera kuri uyu wa 29 Ukwakira 2025, guhera saa kumi n'ebyiri z'umugoroba, abari mu mujyi wa Dar es Salaam batemerewe gusohoka mu mazu zabo.

Iri tangazo rya Polisi risohotse nyuma yaho mu mujyi wa Dar es Salaam, hari Urubyiruko rwiraye mu mihanda rwamagana amatora aho bakozanyijeho na Polisi, hari amakuru avuga ko hari abakomerekeye muriyo myigaragambyo nubwo ntamibare iratangazwa.

Hari n'amakuru yasakaye ku mbuga nkoranyambaga avuga ko mu bushyamirane bwahuje Polisi n'urwo rubyiruko Umupolisi yakubiswe kugeza ashyizemo umwuka nubwo nta rwego ruratangaza ayo makuru.
Bagabo John
