Muri Tanzania haravugwa ikibazo gihangayikishije Leta kijyanye nagatanya by'umwihariko mu mujyi wa Dar- es Salaam intandaro ikaba aruko ngo abakobwa baba bifuza ubuzima bwiza nkubwo babona muri Filme.
Ibi nibyatangajwe kuri uyu wa 6 Nzeri 2022 na Joyce Maketa akaba ashinzwe imibereho myiza y'abaturage mu Mujyi wa Dar- Es Salaam ubwo yari mu kiganiro kitwa SupaBreakfast kuri Radio East Africa .
Muri icyo kiganiro Joyce yavuze ko Leta ihangayikishijwe nagatanya ziyongera umunsi kumunsi aho muri Dar- Es Salaam mu kwezi kumwe gusa ingo 3000 ziba zitandukanye mu buryo bwemewe n'amategeko.
Ati" iyo turebye igitera kwiyongera kwa gatanya usanga abakobwa biki gihe bajya gushaka bakifuza ubuzima bworoshye nkabumwe babona muri Filme".

Joyce Maketa umuyobozi ushinzwe imibereho myiza y'Abaturage mu Mujyi wa Dar-Es Salaam
Mubindi uyu muyobozi yagarutseho bituma ingo zisenyuka zitamaze kabiri harimo bamwe mubashakana bakurikiye imitungo yamara gushyira bagahita batandukana.
Muricyo kiganiro yavuze kandi ko kutihanganirana kwa bashakanye nabyo bituma habaho izo gatanya, anatanga urugero ko cyera urugo rwubakwaga nurukundo hamwe no kwihangana none ingo ziki gihe zirubakwa zishingiye kubutunzi umuntu afite bikaba intandaro yo kutamara kabiri
Bagabo John.
