•     

Tanzania: Polisi yasabye Polepole kwitaba Ibiro by’Ubugenzacyaha (DCI)

Polisi y’Igihugu yasabye Bwana Polepole kwitaba Ibiro by’Ubugenzacyaha kugira ngo atange ubusobanuro n’ibimenyetso bifatika ku byatangajwe n’uyu mugabo, bikekwa ko bifitanye isano n’amakuru arebana n’ibyaha bishobora kuba byarakozwe.

Tanzania: Polisi yasabye Polepole kwitaba Ibiro by’Ubugenzacyaha (DCI)
Tanzania: Polisi yasabye Polepole kwitaba Ibiro by’Ubugenzacyaha (DCI)

Polisi  yasabye Bwana Humphrey Polepole, wahoze ari Ambasaderi wa Tanzania muri Cuba, kwitaba Ibiro by’Umuyobozi Ushinzwe Ubugenzacyaha (DCI), aho asabwa gutanga ibisobanuro birambuye n’ibimenyetso ku byo amaze iminsi atangaza ku mbuga nkoranyambaga.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Urwego rwa Polisi rivuga ko uretse gukusanya ibimenyetso, Polisi imaze igihe igerageza kumushaka kugira ngo atange ubuhamya n’ibindi bimenyetso bishobora gukoreshwa mu kuburana, mu gihe byagaragara ko ibyo avuga bifitanye isano n’ibyaha byemewe n’amategeko.

“Polisi ya Tanzania iramenyesha ko yafunguye dosiye y’iperereza kandi igikomeje gukora iperereza ku byaha bitandukanye Bwana Humphrey Polepole yakomeje gutangaza guhera muri Nyakanga 2025,” nk’uko biri mu itangazo ryayo.

Itangazo rikomeza rigira riti: “Amakuru yatangaje n’ayo agikomeje gutangaza, nk’uko abyivugira, agaragaza ibimenyetso bishobora kwerekana ibyaha byakozwe, bityo bigasaba ko hagezwa ibimenyetso bifatika ku rukiko kugira ngo hashingirweho mu gufata ibyemezo byemewe n’amategeko.”

Bagabo John 

Tanzania: Polisi yasabye Polepole kwitaba Ibiro by’Ubugenzacyaha (DCI)

Tanzania: Polisi yasabye Polepole kwitaba Ibiro by’Ubugenzacyaha (DCI)
Tanzania: Polisi yasabye Polepole kwitaba Ibiro by’Ubugenzacyaha (DCI)

Polisi y’Igihugu yasabye Bwana Polepole kwitaba Ibiro by’Ubugenzacyaha kugira ngo atange ubusobanuro n’ibimenyetso bifatika ku byatangajwe n’uyu mugabo, bikekwa ko bifitanye isano n’amakuru arebana n’ibyaha bishobora kuba byarakozwe.

Polisi  yasabye Bwana Humphrey Polepole, wahoze ari Ambasaderi wa Tanzania muri Cuba, kwitaba Ibiro by’Umuyobozi Ushinzwe Ubugenzacyaha (DCI), aho asabwa gutanga ibisobanuro birambuye n’ibimenyetso ku byo amaze iminsi atangaza ku mbuga nkoranyambaga.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Urwego rwa Polisi rivuga ko uretse gukusanya ibimenyetso, Polisi imaze igihe igerageza kumushaka kugira ngo atange ubuhamya n’ibindi bimenyetso bishobora gukoreshwa mu kuburana, mu gihe byagaragara ko ibyo avuga bifitanye isano n’ibyaha byemewe n’amategeko.

“Polisi ya Tanzania iramenyesha ko yafunguye dosiye y’iperereza kandi igikomeje gukora iperereza ku byaha bitandukanye Bwana Humphrey Polepole yakomeje gutangaza guhera muri Nyakanga 2025,” nk’uko biri mu itangazo ryayo.

Itangazo rikomeza rigira riti: “Amakuru yatangaje n’ayo agikomeje gutangaza, nk’uko abyivugira, agaragaza ibimenyetso bishobora kwerekana ibyaha byakozwe, bityo bigasaba ko hagezwa ibimenyetso bifatika ku rukiko kugira ngo hashingirweho mu gufata ibyemezo byemewe n’amategeko.”

Bagabo John