Perezida w'ishyaka riharanira Demokarasi nokurengera ibidukikije DGPR akaba n'umusenateri Dr Frank Habineza, kuri iki cyumweru tariki ya 31 Ugushyingo 2025, ubwo yari mu karere ka Karongi muri Kongere yongeye kwibutsa abarwanashyaka ko Green Party of Rwanda izajya ishaka ubutegetsi binyuze mu matora ya Demokarasi, kandi ko ritazigera rishyigikira uburyo ubwo ari bwo bwose bwo kugera ku buyobozi hakoreshejwe intambara, urugomo cyangwa izindi nzira zitujuje ibisabwa na demokarasi.
Mu riyi w’inama , abarwanashyaka bongeye gusuzuma uruhare rw'ishyaka Green Party of Rwanda mu iterambere ry’igihugu ndetse banareba uko ibikorwa byo kwamamaza gahunda zarwo zirengera ibidukikije n’izimiyoborere ishingiye kuri demokarasi.

Mu ijambo rye Hon Senateri Dr Frank Habineza yavuze ko Ishyaka Green Party of Rwanda ritazigera na rimwe rishyigikira, ritera inkunga cyangwa rihuzwe n’uwo ari we wese ushaka kugera ku butegetsi abinyujije mu ntambara, urugomo cyangwa indi nzira iyo ari yo yose itari iya demokarasi.

Iyinama yongeye kwibutsa abarwanashyaka akamaro k’imyitwarire iboneye mu ikoranabuhanga, inasaba gukoresha imbuga nkoranyambaga mu kumenyekanisha ibikorwa by’ishyaka mu kurushaho guteza imbere isura nziza y’u Rwanda., birinda
gukoresha izo mbuga, bakwirakwiza amakuru atariyo hamwe no kutishora mu bikorwa binyuranyije n’amategeko, cyangwa gushaka kwamamara ku giti cyabo, kuko bishobora gufatwa nk’ibyaha bigateza ingorane, haba ku izina ry'ishyaka ndetse no ku ry’igihugu.
Bagabo John
