•     

Senateri Dr Frank Habineza yongeye gushimangira ko Ishyaka Green Party rizajya rishaka ubutegetsi binyuze gusa mu matora ya demokarasi

Perezida w'ishyaka riharanira Demokarasi nokurengera ibidukikije DGPR akaba n'umusenateri Dr Frank Habineza, kuri iki cyumweru tariki ya 31 Ugushyingo 2025, ubwo yari mu karere ka Karongi muri Kongere yongeye kwibutsa abarwanashyaka ko Green Party of Rwanda izajya ishaka ubutegetsi binyuze mu matora ya Demokarasi, kandi ko ritazigera rishyigikira uburyo ubwo ari bwo bwose bwo kugera ku buyobozi hakoreshejwe intambara, urugomo cyangwa izindi nzira zitujuje ibisabwa na demokarasi.

Senateri Dr Frank Habineza yongeye gushimangira ko Ishyaka Green Party rizajya rishaka ubutegetsi binyuze gusa mu matora ya demokarasi
Senateri Dr Frank Habineza yongeye gushimangira ko Ishyaka Green Party rizajya rishaka ubutegetsi binyuze gusa mu matora ya demokarasi

Mu riyi  w’inama , abarwanashyaka bongeye gusuzuma  uruhare rw'ishyaka Green  Party of Rwanda mu iterambere ry’igihugu ndetse banareba uko ibikorwa byo kwamamaza gahunda zarwo zirengera ibidukikije n’izimiyoborere ishingiye kuri demokarasi.


Mu ijambo rye Hon Senateri Dr Frank Habineza yavuze ko Ishyaka Green  Party of Rwanda ritazigera na rimwe rishyigikira, ritera inkunga cyangwa rihuzwe n’uwo ari we wese ushaka kugera ku butegetsi abinyujije mu ntambara, urugomo cyangwa indi nzira iyo ari yo yose itari iya demokarasi.


Iyinama yongeye kwibutsa abarwanashyaka akamaro k’imyitwarire iboneye mu ikoranabuhanga, inasaba gukoresha imbuga nkoranyambaga mu kumenyekanisha ibikorwa by’ishyaka  mu kurushaho guteza imbere isura nziza y’u Rwanda., birinda 
gukoresha izo mbuga, bakwirakwiza amakuru atariyo hamwe no kutishora  mu bikorwa binyuranyije n’amategeko, cyangwa gushaka kwamamara ku giti cyabo, kuko bishobora  gufatwa nk’ibyaha bigateza ingorane, haba ku izina ry'ishyaka  ndetse no ku ry’igihugu.

Bagabo John

Senateri Dr Frank Habineza yongeye gushimangira ko Ishyaka Green Party rizajya rishaka ubutegetsi binyuze gusa mu matora ya demokarasi

Senateri Dr Frank Habineza yongeye gushimangira ko Ishyaka Green Party rizajya rishaka ubutegetsi binyuze gusa mu matora ya demokarasi
Senateri Dr Frank Habineza yongeye gushimangira ko Ishyaka Green Party rizajya rishaka ubutegetsi binyuze gusa mu matora ya demokarasi

Perezida w'ishyaka riharanira Demokarasi nokurengera ibidukikije DGPR akaba n'umusenateri Dr Frank Habineza, kuri iki cyumweru tariki ya 31 Ugushyingo 2025, ubwo yari mu karere ka Karongi muri Kongere yongeye kwibutsa abarwanashyaka ko Green Party of Rwanda izajya ishaka ubutegetsi binyuze mu matora ya Demokarasi, kandi ko ritazigera rishyigikira uburyo ubwo ari bwo bwose bwo kugera ku buyobozi hakoreshejwe intambara, urugomo cyangwa izindi nzira zitujuje ibisabwa na demokarasi.

Mu riyi  w’inama , abarwanashyaka bongeye gusuzuma  uruhare rw'ishyaka Green  Party of Rwanda mu iterambere ry’igihugu ndetse banareba uko ibikorwa byo kwamamaza gahunda zarwo zirengera ibidukikije n’izimiyoborere ishingiye kuri demokarasi.


Mu ijambo rye Hon Senateri Dr Frank Habineza yavuze ko Ishyaka Green  Party of Rwanda ritazigera na rimwe rishyigikira, ritera inkunga cyangwa rihuzwe n’uwo ari we wese ushaka kugera ku butegetsi abinyujije mu ntambara, urugomo cyangwa indi nzira iyo ari yo yose itari iya demokarasi.


Iyinama yongeye kwibutsa abarwanashyaka akamaro k’imyitwarire iboneye mu ikoranabuhanga, inasaba gukoresha imbuga nkoranyambaga mu kumenyekanisha ibikorwa by’ishyaka  mu kurushaho guteza imbere isura nziza y’u Rwanda., birinda 
gukoresha izo mbuga, bakwirakwiza amakuru atariyo hamwe no kutishora  mu bikorwa binyuranyije n’amategeko, cyangwa gushaka kwamamara ku giti cyabo, kuko bishobora  gufatwa nk’ibyaha bigateza ingorane, haba ku izina ry'ishyaka  ndetse no ku ry’igihugu.

Bagabo John