•     

Tanzania: Umugore yiyahuranye n'abanabe bane

Umugore hamwe n'abana be bane bitabye Imana nyuma yaho uwo mugore agiranye amakimbirane n'umugabo we bituma yiyahura n'abo banabe bane akoresheje umuti wica.

Tanzania: Umugore yiyahuranye  n'abanabe bane
Umugore yiyahuranye n'abana be bane

Polisi  mu karere ka Igunga mu ntara ya Tabora, yatangaje ko umugore hamwe n'abana be bane bitabye Imana nyuma yaho uwo gore agiranye amakimbirane n'umugabo we.

Polisi yavuze ko mu iperereza yakoze yasanze uwo mugore yari afitanye amakimbirane n'umugabo we ashingiye kuba uwo mugabo ngo yatoneshaga undi mugore we wakabiri aho ngo yari yaramwubakiye inzu nziza iri mu zigezweho ndetse ngo yamuhaga n'ibindi bintu bifite agaciro uwo nyakwigendera atajyaga abona.

Kuba uwo nyakwigendera atarabonaga nkibyo mu keba we yabonaga ngo nibyo byatumye uwo mugore afata icyemezo cyokwiyahura ndetse n'abanabe bane yari yarabyaranye n'uwo mugabo.

Polisi yasabye abaturage kwirinda amakimbirane mu miryango, isaba abaturage kujya batanga amakuru hatarabaho kubura ubuzima. 

Bagabo John

Tanzania: Umugore yiyahuranye n'abanabe bane

Tanzania: Umugore yiyahuranye  n'abanabe bane
Umugore yiyahuranye n'abana be bane

Umugore hamwe n'abana be bane bitabye Imana nyuma yaho uwo mugore agiranye amakimbirane n'umugabo we bituma yiyahura n'abo banabe bane akoresheje umuti wica.

Polisi  mu karere ka Igunga mu ntara ya Tabora, yatangaje ko umugore hamwe n'abana be bane bitabye Imana nyuma yaho uwo gore agiranye amakimbirane n'umugabo we.

Polisi yavuze ko mu iperereza yakoze yasanze uwo mugore yari afitanye amakimbirane n'umugabo we ashingiye kuba uwo mugabo ngo yatoneshaga undi mugore we wakabiri aho ngo yari yaramwubakiye inzu nziza iri mu zigezweho ndetse ngo yamuhaga n'ibindi bintu bifite agaciro uwo nyakwigendera atajyaga abona.

Kuba uwo nyakwigendera atarabonaga nkibyo mu keba we yabonaga ngo nibyo byatumye uwo mugore afata icyemezo cyokwiyahura ndetse n'abanabe bane yari yarabyaranye n'uwo mugabo.

Polisi yasabye abaturage kwirinda amakimbirane mu miryango, isaba abaturage kujya batanga amakuru hatarabaho kubura ubuzima. 

Bagabo John