Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Simanjiro mu Ntara ya Manyara OCD Mathayo Mmary, yitabye Imana mu buryo butunguranye aguye muri Salo aho yariho yiyogoshesha umusatsi.
Nkuko ikinyamakuru Mwananchi cya byanditse, uwo muyobozi yituye hasi ubwo yariho yogoshwa muri Salo kuri uyu wa 8 Kamena 2023 bahita bamutwara kwa muganga ariko yitaba Imana bakiri mu inzira.
Nyuma yo gusuzuma icyatumye yitaba Imana igitaraganya, basanze yazize umuvuduko w'amaraso nkuko byatangajwe n'umuyobozi w'Intara ya Manyara
Queen.
Uyu muyobozi w'Intara ya boneyeho kwihanganisha umuryango wa nyakwigendera ndetse nabo bakoranaga bose muri bino bihe bikomeye byo kubura umuyobozi nkuriya, Avuga ko bitoroshye ndetse ari n'igihombo gikomeye ku gihugu no muri Polisi muri rusange.
Bagabo John