Umuyobozo wa SK Group irimo Radio Sk Fm ndetse na SK Shop igurisha ibikoresho bya Siporo hano mu Rwanda, Umunyamakuru Sam Karenzi yatangaje ko binyuze muri iyi SK GROUP, yifuza ko mu mpera z'uyu mwaka yaba amaze gutanga akazi kubantu byibuza bagera kuri 200.
Mu kiganiro yagiranye n'ikinyamakuru igihe Culture, Karenzi yavuze ko igitekerezo cya SK Group gishingiye ku bikorwa bitandukanye atari Radio gusa.
Aha ninaho Karenzi yaheteye avuga ko byibuza mu mpereza z'uyu mwaka dugiye gusoza iyi SK Group izaba itanga akazi kubantu batari munsi ya 200.
Ati" Turifuza ko umwaka urangira SK GROUP ikoresha abantu batari munsi ya 200 cyangwa 300.”

SK FM ni ‘Group’ igizwe n’ibikorwa bitandukanye, muri ibyo bikorwa ikizwi cyane harimo Radio SK FM ndetse n'iduka ricuruza ibikoresho bya Siporo ryamaze kuba ubukombe n'igisubizo kubakunzi ba Siporo ryitwa SK Shop, rikorera mu Mujyi wa Kigali.
Bagabo John
