•     

Abagororwa barasaba ko bakongera kuzirikanwa

Abagororerwa mu igororero rya Nyarugenge, basabye ko bakongera kuzirikanwa mu mpera z'iyu mwaka abujuje ibisabwa bagahabwa imbabazi.

Abagororwa barasaba ko bakongera kuzirikanwa
Abagororwa barasaba ko mu mpera z'uyu mwaka bazirikanwa

Ibi n'ibyagarutsweho kuri uyu wa mbere tariki ya 22 Ukuboza 2025,  ubwo Minisiteri y'ubutabera n'abafatanyabikorwa bayo  batanganga Iminsi mikuru ya Noheri n'Ubunani kubana bari munsi y'imyaka itatu babana n'abanyina mu igororero.

Mu ijambo rye uwari uhagarariye Abagororwa yashimiye by'imazeyo inzego z'ubutabera zidahwema ku baba hafi ndetse no kubasura.

Nyuma yogushimira izo nzego z'ubutabera, yahise asaba uwari uhagarariye Minisiteri y'ubutabera ko yamugereza ubutumwa kuri Minisitiri w'ubutabera.

Uhagarariye Abagororwa mu igororero rya Nyarugenge 

Ati"turifuza ko watugereza ubutumwa bwacu kuri Minisitiri w'ubutabera akatugereza ibyifuzo byacu kuri Nyakubahwa Perezida wa Repubulika,   tujya dukurikira iyo inama y'Abaminisitri yateranye tubona hari abasohotse kurupapuro rw'umuhondo, natwe rero twifuza ko muri izi mpera zumwaka yatuzirikana abujuje ibisabwa tugahabwa imbabazi".

Mu bindi yasabye ko itegeko rijyanye no guhanagurwaho ubusembwa naryo rya kongera rigasuzumwa kuko bavuye mucyitwaga Amagereza none bageze mu kitwa igororero.

Mu igororero rya Nyarugenge harabarurwa abana basaga 114 bari mu nsi y'imyaka itatu bakibana n'abanyina mu igororero batari buzuza imyaka itatu ngo bajyanwe mu miryango yabo., igororero rya Nyarugenge ricumbikiye imfungwa n'abagororwa 10,627 muri aba Abagore ni 1299.

Bagabo John

Abagororwa barasaba ko bakongera kuzirikanwa

Abagororwa barasaba ko bakongera kuzirikanwa
Abagororwa barasaba ko mu mpera z'uyu mwaka bazirikanwa

Abagororerwa mu igororero rya Nyarugenge, basabye ko bakongera kuzirikanwa mu mpera z'iyu mwaka abujuje ibisabwa bagahabwa imbabazi.

Ibi n'ibyagarutsweho kuri uyu wa mbere tariki ya 22 Ukuboza 2025,  ubwo Minisiteri y'ubutabera n'abafatanyabikorwa bayo  batanganga Iminsi mikuru ya Noheri n'Ubunani kubana bari munsi y'imyaka itatu babana n'abanyina mu igororero.

Mu ijambo rye uwari uhagarariye Abagororwa yashimiye by'imazeyo inzego z'ubutabera zidahwema ku baba hafi ndetse no kubasura.

Nyuma yogushimira izo nzego z'ubutabera, yahise asaba uwari uhagarariye Minisiteri y'ubutabera ko yamugereza ubutumwa kuri Minisitiri w'ubutabera.

Uhagarariye Abagororwa mu igororero rya Nyarugenge 

Ati"turifuza ko watugereza ubutumwa bwacu kuri Minisitiri w'ubutabera akatugereza ibyifuzo byacu kuri Nyakubahwa Perezida wa Repubulika,   tujya dukurikira iyo inama y'Abaminisitri yateranye tubona hari abasohotse kurupapuro rw'umuhondo, natwe rero twifuza ko muri izi mpera zumwaka yatuzirikana abujuje ibisabwa tugahabwa imbabazi".

Mu bindi yasabye ko itegeko rijyanye no guhanagurwaho ubusembwa naryo rya kongera rigasuzumwa kuko bavuye mucyitwaga Amagereza none bageze mu kitwa igororero.

Mu igororero rya Nyarugenge harabarurwa abana basaga 114 bari mu nsi y'imyaka itatu bakibana n'abanyina mu igororero batari buzuza imyaka itatu ngo bajyanwe mu miryango yabo., igororero rya Nyarugenge ricumbikiye imfungwa n'abagororwa 10,627 muri aba Abagore ni 1299.

Bagabo John