•     

Abazarenga ku mategeko ntimuzinubire ingaruka- David Misime

Polisi yo muri Tanzania yatangaje ko abantu bose bazarenga ku mategeko ku itariki ya 29 Ukwakira umunsi w'itora badakwiye kwinubira ingaruka bazahura na zo.

Abazarenga ku mategeko ntimuzinubire ingaruka- David Misime
Polisi yaburiye abantu bose bashobora kuzishora mu bikorwa byo kubangamira amatora

Mu butumwa bwatanzwe n’ubuyobozi bwa Polisi, buragira buti“Atakayevunja sheria Oktoba 29 asilaumu”, bivuze mu Kinyarwanda ko “uzarenga ku mategeko ku ya 29 Ukwakira atazabyinubira”

Ibi byatangajwe mu rwego rwo gukangurira abaturage kubahiriza amategeko, cyane cyane mu gihe hateganijwe ibikorwa bishobora guteza umutekano muke cyangwa imyigaragambyo itemewe n’amategeko., tariki ya 29 Ukwakira 2025 Umunsi w'itora. 

Polisi yasabye abaturage gukomeza kuba maso, bakirinda ibikorwa bishobora guhungabanya ituze n’umutekano rusange w’igihugu.

Binyuze muri ubwo butumwa bwatanzwe kuri uyu wa 26 Ukwakira 2025 n'umuvugizi wa Polisi wungirije David Misime,  yavuze ko  inzego z’umutekano  zizakurikiza amategeko mu gukumira umuntu wese ushaka kuhungabanya umutekano w'igihugu.

Yakomeje  kwizeza ko umutekano ko uzubahirizwa ku rwego rwo hejuru mu gihugu hose.

Bagabo John

Abazarenga ku mategeko ntimuzinubire ingaruka- David Misime

Abazarenga ku mategeko ntimuzinubire ingaruka- David Misime
Polisi yaburiye abantu bose bashobora kuzishora mu bikorwa byo kubangamira amatora

Polisi yo muri Tanzania yatangaje ko abantu bose bazarenga ku mategeko ku itariki ya 29 Ukwakira umunsi w'itora badakwiye kwinubira ingaruka bazahura na zo.

Mu butumwa bwatanzwe n’ubuyobozi bwa Polisi, buragira buti“Atakayevunja sheria Oktoba 29 asilaumu”, bivuze mu Kinyarwanda ko “uzarenga ku mategeko ku ya 29 Ukwakira atazabyinubira”

Ibi byatangajwe mu rwego rwo gukangurira abaturage kubahiriza amategeko, cyane cyane mu gihe hateganijwe ibikorwa bishobora guteza umutekano muke cyangwa imyigaragambyo itemewe n’amategeko., tariki ya 29 Ukwakira 2025 Umunsi w'itora. 

Polisi yasabye abaturage gukomeza kuba maso, bakirinda ibikorwa bishobora guhungabanya ituze n’umutekano rusange w’igihugu.

Binyuze muri ubwo butumwa bwatanzwe kuri uyu wa 26 Ukwakira 2025 n'umuvugizi wa Polisi wungirije David Misime,  yavuze ko  inzego z’umutekano  zizakurikiza amategeko mu gukumira umuntu wese ushaka kuhungabanya umutekano w'igihugu.

Yakomeje  kwizeza ko umutekano ko uzubahirizwa ku rwego rwo hejuru mu gihugu hose.

Bagabo John